Niyigena Radjabu

Niyigena Radjabu

Niyigena Radjabu ni umunyamakuru w’Umunyarwanda ukora kinyamwuga ufite uburambe bw’imyaka itatu mu itangazamakuru, ryibanda ku gutara no gutangaza inkuru zicukumbuye ku buzima rusange n’izivuga ku Rwanda. Kuri ubu ni umunyamakuru wa Umunota.com, rumwe mu ziyoboye mu Rwanda mu bijyanye no gutangaza amakuru ku mbuga zikorera kuri murandasi.

Perezida Daniel Francesco Chapo wa Mozambique na Mohamed Ould Ghazouani wa Maurtania bageze mu Rwanda, aho bateganya kwitabira inama ‘African CEO Forum’ ihuza abakuru b’ibihugu na za guverinoma, abayobozi b’ibigo by’ishoramari byo muri Afurika n’abandi bagira uruhare rukomeye mu iterambere ry’uyu mugabane.
Ikigo United Capital Financial Services Rwanda Ltd cyahaye uruhushya Urwego rw’u Rwanda Rugenzura Isoko ry’Imari n’Imigabane (CMA) rwo gukora nka banki y’ishoramari ndetse ruhitamo u Rwanda nk’icyacaro cyayo muri Afurika y’Iburasirazuba no Hagati.
Ikigo cy’Imisoro n’Amahoro (RRA) cyatangaje ko cyakoze impinduka mu masezerano yo kugurisha cyangwa gutanga ikinyabiziga nk’impano, aho hazajya hakoreshwa sisiteme y’iki kigo mu gukora amasezerano.
Ikigo cy’igihugu cy’Ibarurishamibare mu Rwanda NISR, cyatangaje ko mu mwaka wa 2025, mu irangamimerere handitswe abapfuye 39,355 akaba ari kimwe cya kabiri cy'abapfuye bingana na 50.5% bivuye kuri 46.1% byari ho mu mwaka wa 2024, aho byazamutseho 4.4%.
Ku munsi nk’uyu, tariki ya 13 Gicurasi 1994, ni yo yabaye itariki ya mbere y’ibitero simusiga byaje mu Bisesero bigambiriye kwica Abatutsi.
Dr Mark Cyubahiro Bagabe wabaye Minisitiri w’Ubuhinzi n’Ubworozi mu Rwanda yagizwe Umuyobozi w’Ihuriro Mpuzamahanga ry’Ubuhinzi (World Agriculutre Forum), ishami ry’u Rwanda.
Mu gihe habura amasaha macye ngo u Rwanda rwakire inama ihuza abayobozi b’ibigo bitandukanye, abashoramari n’abanyapolitike baturutse muri Afurika no mu bindi bice binyuranye hirya no hino ku Isi, izwi nka ‘Africa CEO Forum’ abayobozi bazitabira iyi nama batangiye kugera mu rw'imisozi 1000
Perezida Paul Kagame yagiranye ibiganiro n’Umuyobozi w’Ikigega Mpuzamahanga Giteza Imbere Ubuhinzi (IFAD), Álvaro Lario byibanze ku guteza imbere ubuhinzi mu Rwanda.
Minisitiri w’Ibikorwaremezo Dr. Jimmy Gasore yatangaje ko gahunda u Rwanda rwihaye yo kugeza umuriro w’amashanyarazi mu bice byose by’igihugu igeze ku kigero cya 84% ndetse ko hari icyizere ko mu 2029 bizaba bigeze ku 100%.
Minisitiri w’Ibikorwaremezo Dr. Jimmy Gasore, yavuze ko intego Guverinoma y’u Rwanda yihaye yo kugeza amazi ku baturage ku gipimo cya 100% mu 2029 izagerwaho.