Raymond Tuyishimire

Raymond Tuyishimire

Tuyshimire Raymond, ni Umunyamakuru w'Umunyarwanda ubimazemo imyaka itandatu. Azobereye mu gutara inkuru zicukumbuye n'izindi zibanda ku burenganzira bwa muntu muri rusange, ubw'abana ndetse n'izindi zivuga u Rwanda. Kuri ubu ni Editor ' w'ikinyamakuru Umunota

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga, Amb Olivier Nduhungirehe, yahuriye na mugenzi we wa Tunisia, Mohamed Ali Nafti, i Addis Abeba muri Ethiopia aho bitabiriye Inama ya 48 y’Akanama kayoboye Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe.
Madamu Jeannette Kagame yitabiriye igitaramo cya Art-Rwanda Ubuhanzi Xperience no gusoza icyiciro cya Gatatu cy’amarushanwa ya Art-Rwanda Ubuhanzi agamije gushyigikira no guteza imbere impano z’urubyiruko mu buhanzi.
Perezida Kagame yashimiye Mia Amor Mottley wongeye gutorerwa kuba Minisitiri w’Intebe wa Barbados ku nshuro ya Gatatu.
Minisitiri w'intebe, Dr Nsengiyumva Justin , yageze i Addis Ababa muri Ethiopia , aho yahagararira Perezida Kagame mu nama ya 39 isanzwe y'Abakuru b'Ibihugu na za Guverinoma zigize Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe.
Umusore wo mu Mujyi wa Kigali, yatekeye umutwe umukobwa bakundana , amubeshya ko afite aho bazaba nyuma yo gukora ubukwe , bajya kurazwa ku biro by’Akagari ka Rwampara bagifite n’ibirongoranwa byabo.
Buri tariki ya 13 Gashyantare buri mwaka, u Rwanda n'Isi bizihiza umunsi mpuzamahanga wa Radiyo. Uyu munsi ubaye mu gihe Radiyo ikomeje gufata imitima y'Abanyarwanda n'Isi muri rusange.
Sosiyete y’u Rwanda ikora ubwikorezi bwo mu kirere, RwandAir, yatangaje  bitewe n'ibihu byinshi, indege zijya n'iziva Kigali zishobora gukererwa .
Minisitiri w’Imari n’Igenamigambi, Murangwa Yusuf , yatangaje ko imirimo yo kubaka ibitaro bishya bya Kaminuza bya Kigali (CHUK) igeze ku musozo ndetse ko bizimuka aho bisanzwe bikorera muri Werurwe 2026, bikajya i Masaka.
Umuyobozi wa Komisiyo y’Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe (AU), Mahmoud Ali Youssouf, yagaragaje ko yashimye isinywa ry’amasezerano agena uburyo bwo guhagarika imirwano hagati ya Guverinoma ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC) n’ihuriro Alliance Fleuve Congo (AFC/M23).
Polisi y’u Rwanda (RNP) yakiriye itsinda ry’abapolisi bavuye mu butumwa bwo kubungabunga amahoro muri Sudani y’Epfo, aho bari bamaze umwaka.