Amakuru

Minisitiri w'Intebe, Dr Justin Nsengiyumva, yasabye abarangije amasomo mu Ishuri Rikuru ry’Ubuhinzi n’Ubworozi butangiza Ibidukikije (RICA), gufasha igihugu mu kongera umusaruro w’ibikomoka ku buhinzi binyuze mu guhinga bigezweho kandi hatangijwe ibidukikije, abasaba kuzanatanga serivisi nziza.
Ikigo cy’Igihugu Gishinzwe Isanzure mu Rwanda, Space Agency, cyasinyanye amasezerano n’Ikigo Nyafurika Gishinzwe guhangana n’ibiza, African Risk Capacity,yitezweho kuzafasha mu rwego rw’ubuhinzi mu guhangana n’ingaruka z’ibiza.
Depite Muzana Alice wo mu Ishyaka rya PSD yatorewe kuba Umuvugizi w'Ihuriro Nyungurabitekerezo ry'Imitwe ya Politiki yemewe mu Rwanda, naho Nsengiyumva Dieudonné wo mu ishyaka rya PPC agirwa Umuvugizi Wungirije w’iri huriro
Minisitiri w'Ububanyi n'Amahanga n'Ubutwererane w'u Rwanda, Amb. Olivier Nduhungirehe agaragaza ko kuba u Rwanda rwarakuriyeho Viza ibihugu bya Afurika na bimwe mu bihugu by'amahanga byongereye ba mukerarugendo n'abashoramari basura u Rwanda
Perezida wa Repubulika y'u Rwanda Paul Kagame yakoze impinduka mu buyobozi bw'ibiro bye aho Dieudonne Gatete, yagizwe Umuyobozi w’Ibiro bya Perezida wa Repubulika, yungirijwe na Viviane Mukakizima
Christa Umuhoza yagizwe umuyobozi mushya Wungirije wa Imbuto Foundation asimbuye Geraldine Umutesi wari uri kuri uyu mwanya kuva mu 2017
Urukiko rwa Nyarugenge rwategetse ko Umuhumuza Gisèle usanzwe ari Umunyamabanga Uhoraho muri Minisiteri y’Ibikorwaremezo, Omar Munyaneza wahoze ari Umuyobozi Mukuru w’Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Amazi, Isuku n’Isukura (WASAC), ndetse na Dominique Murekezi, barekurwa by’agateganyo
Umugaba w’Ingabo z’Umuryango w’Abibumbye ziri mu butumwa bwo kugarura amahoro muri Sudani y’Epfo (UNMISS), Lt Gen. Mohan Subramanian, yasuye ingabo z'u Rwanda zigize itsinda rya Rwanbatt-1, zikorera ku cyicaro cya UN kiri i Tomping, mu murwa mukuru Juba