Amakuru

Minisitiri w’Uburezi, Joseph Nsengimana, yasabye amashuri makuru mu Rwanda guhuza ubumenyi n’ubushobozi aha abanyeshuri, n’ibikenewe ku isoko ry’umurimo no mu iterambere ry’igihugu.
Tariki 5 Gicurasi 1994, Umubikira Mukangango Gertrude yicishije Abatutsi ba nyuma bari barokotse ubwicanyi bwo ku wa 22 na 25 Mata 1994, bari bahungiye mu kigo cy’Ababikira yayoboraga cyari i Sovu muri Huye.
Minisiteri y’Ibikorwa by’ubutabazi yatangaje ko kuva uyu mwaka watangira mu mezi ane gusa inkuba zimaze guhitana abantu 49 mu gihugu hose ndetse zinangiza ibikorwaremezo byiganjemo iby’amashanyarazi.
Ba ofisiye bakuru biga mu ishuri rikuru rya Polisi (NPC) riherereye mu Karere ka Musanze, bari mu rugendoshuri mu gihugu cya Algeria mu rwego rwo guhuza amasomo bigira mu ishuri n'ibikorerwa mu kazi.
Umuyobozi Mukuru wa Kaminuza y'u Rwanda, Prof. Didas Kayihura Muganga, yatangaje ko ireme ry'uburezi muri iyi Kaminuza rihagaze neza ku buryo hari abasoza amasomo baramaze kubona imyanya y'akazi ku isoko ry'umurimo.
Minisitiri w’ubuhinzi n’ubworozi, Dr. Thelesphore Ndabamenye, yagaragaje ko hakenewe amavugurura ya politiki no kwihutisha udushya mu by’ingufu z’imirasire y’izuba hagamijwe kugera ku ikoranabuhanga rihendutse kandi ryoroshya ubuzima bw’abahinzi ari na ko ryongera umusaruro rikanasigasira umutekano w’ibiribwa.
Hagamijwe kubungabunga no gusigasira imikino gakondo,mu mashuri yisumbuye n'ay'ubumenyi ngiro hatangijwe amarushanwa yo gukina igisoro(kubuguza), umukino watangijwe ku mugaragaro n'intebe y'inteko y'umuco Amb.Robert Masozera
Polisi ya Uganda yatangaje ko yataye muri yombi Abanyarwanda 25 bacukuraga amabuye y’agaciro mu buryo bunyuranyije n’amategeko mu Karere ka Kisoro.
Minisiteri y'Ubucuruzi n'Inganda yatangaje ko isukari u Rwanda rutumiza mu mahanga yagabanutseho 36.5% mu 2025, ndetse n'agaciro kayo kagabanukaho 39.1%

Iyandikishe ku rutonde rw’abakira ubutumwa bwacu kugira ngo ubone amakuru mashya buri munsi mu buryo bw’ikoranabuhanga

Amakuru Aheruka