Amakuru

Guverinoma y’u Rwanda yatangaje ko yashyizeho amavugurura mashya muri gahunda y’Ubwisungane mu kwivuza (Mituweli), agamije kurushaho kunoza serivisi z’ubuzima no gufasha Abanyarwanda gutanga umusanzu ujyanye n’ubushobozi bwabo.
Minisitiri w’Umutekano imbere mu gihugu, Vincent Biruta, yashyikirije Perezida wa Repubulika ya Congo, Denis Sassou N’Guesso,o ubutumwa bwa Perezida w’u Rwanda Paul Kagame.
Ikigo cy’Igihugu gishinzwe guteza imbere iyoherezwa mu mahanga ry’ibikomoka ku buhinzi n’ubworozi (NAEB), cyatangaje ko ibicuruzwa u Rwanda rwohereje mu mahanga hagati y’itariki 16-20 Werurwe 2026, byinjije arenga miliyari 13 Frw avuye muri toni 9,651 z’ibyoherejwe byose hamwe.
Umuryango wa Imbuto Foundation ku bufatanye na Mount Kigali University, bahaye impamyabushobozi abarezi b'abana bato 23, baturutse mu ngo mbonezamikurire y’abana bato basanzwe  bafitanye imikoranire.
Mufti w’u Rwanda, Sheikh Sindayigaya Mussa yashimiye Leta y’u Rwanda n’Umukuru w’Igihugu, Perezida Paul Kagame, ku ruhare bagize mu guha agaciro Abayisilamu no kubafungurira amarembo mu nzego zitandukanye z’igihugu
Perezida Paul Kagame yemereye Abayisilamu kongera gusubizaho umuhamagaro w’isengesho rya mu gitondo cya kare ‘Adhan’, hifashishijwe indangururamajwi nk’uko byahoze.
Perezida w’u Rwanda Paul Kagame yongeye gusobanura impamvu z’ifungwa ry’insengero zimwe na zimwe, agaragaza ko byatewe n’imikorere idahwitse muri zimwe mu nzego z’amadini n’amatorero, atari ugutoteza imyemerere nk’uko bamwe babivuga
Perezida w’u Rwanda Paul Kagame yemereye abayoboke b’idini ya Isilamu inkunga igamije kubafasha guteza imbere ibikorwa remezo n’imibereho yabo muri rusange, anizeza ko zimwe mu mbogamizi zari zaragaragajwe zizakemuka bidatinze
Leta y’u Rwanda yohereje abacuruzi mu Bwongereza kujya gushaka amasoko y’imboga n’imbuto mu rwego rwo guhangana n’ingaruka zatewe n’intambara yo mu Burasirazuba bwo Hagati yatumye aboherezagayo ibicuruzwa bahura n’igihonbo.
Ambasade y’u Rwanda muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika yamaganye ibinyoma by’uko abo mu nzego z’umutekano b’u Rwanda zagerageje gucengera muri hoteli umugore wa Perezida wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Denise Nyakeru Tshisekedi yari ucumbitse muri hoteli muri Amerika ndo zimwice.

Iyandikishe ku rutonde rw’abakira ubutumwa bwacu kugira ngo ubone amakuru mashya buri munsi mu buryo bw’ikoranabuhanga

Amakuru Aheruka