Inkuru Nshya

Mu Rwanda hari kubera Inama ya Gatatu ya Komisiyo ihoraho y’Ubufatanye hagati y’u Rwanda na Zimbabwe, iyobowe n’abaminisitiri b’ububanyi n’amahanga b’impande zombi, mu rwego rwo gushimangira umubano n’ubufatanye hagati y’ibihugu byombi
Umuyobozi w’Urugaga rw’Abikorera mu Rwanda (PSF), Jeanne-Françoise Mubiligi, yatangaje ko hari gutegurwa umushinga wo kubaka ahantu hashya hazimurirwa Imurikagurisha Mpuzamahanga (Rwanda International Trade Fair) i Gahanga, mu Karere ka Kicukiro
Inteko Ishinga Amategeko yemeje itegeko rishya rishyira imbere serivisi 10 z'ubuvuzi hagamijwe kunoza itangwa rya serivisi z’ubuvuzi, kurengera uburenganzira bw’abarwayi no gukemura ibibazo bikigaragara mu rwego rw’ubuzima mu gihugu
Umukinnyi w’ikipe y’Igihugu Amavubi ndetse na Standard de Liege mu Bubiligi, Hakim Sahabo yakoze benshi ku mutima bitewe n'uruhare yagize mu gushyingura Mukanemeye Madeleine
Inteko Ishinga Amategeko y'u Rwanda umutwe w'Abadepite yatoye itegeko rishya rigenga serivisi z'ubuzima mu Rwanda ririmo n'iryemerera abana bagejeje imyaka 15 kuboneza urubyaro ndetse n'iryerekeye kororoka hakoreshejwe ikoranabuhanga
Ubushinjacyaha bwa Gisirikare bwatangiye gukurikirana mu butabera abasirikare babiri bo ku rwego rwa Ofisiye bari kumwe n’abasivili 20, bakekwaho ibyaha bitandukanye bifitanye isano n’imikoreshereze mibi y’umutungo wa Leta
Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’u Rwanda Amb.Olivier Nduhungurehe, yatangaje ko u Rwanda ruzakomeza kwitabira ibiganiro bihuza Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo n’umutwe wa AFC/M23 bibera i Doha muri Qatar
Ubwumvikane buke hagati y'inzego ebyiri ziyobora Rayon Sports bukomeje kugenda bugaragara umunsi ku munsi, ni nyuma y'uko noneho Twagirayezu Thadée yakuyeho inama yari yatumijwe na Paul Muvunyi uyobora Inama y'Ubutegetsi
Leta Zunze Ubumwe za Amerika n’u Rwanda byemeranyije ko u Rwanda rushobora kwakira abimukira bazaba birukanwe muri Amerika, nk’uko byatangajwe n’umuvugizi wa Leta y’u Rwanda, Yolande Makolo ndetse n’umwe mu bayobozi bo mu gihugu
Minisitiri w’Ingabo z’u Rwanda, Juvenal Marizamunda, yasabye abasirikare bashya barangije amasomo muri Kaminuza y'u Rwanda kurangwa n’ubunyangamugayo, kwitanga batizigamye no guharanira kurengera abadafite kivugira, mu rugendo rushya bagiye gutangira