Inkuru Nshya

AFC/M23 yarahiriye kwigiza kure ingabo za FARDC, ingabo z'u Burundi, FDNB n’imitwe yitwaje intwaro bikorana, nyuma yaho bigaragaye ko iri huriro ry'ingabo rimaze iminsi myinshi mu myiteguro yo kubarwanya
Imiryango y'Abanyamulenge barokotse ubwicanyi bwo mu Gatumba mu gihugu cy'u Burundi yibutse ubu bwicanyi ku nshuro ya 21 ndetse basaba Umuryango w'Abibumbye n'ibihugu by'Akarere guta muri yombi abakekwaho ubu bwicanyi
Guverinoma y’u Rwanda yatangaje ko guhera ku itariki ya 21 kugeza ku wa 28 Nzeri 2025, amashuri yose yo mu Mujyi wa Kigali azaba afunze n'abakozi ba Leta bagakorera mu rugo mu rwego rwo kurushaho kwakira neza Shampiyona y’Isi y’Amagare
Urukiko rwa Gisirikare ruherereye rwatangiye kuburanisha abantu 28 barimo abofisiye mu Ngabo z’u Rwanda, muri RCS n’abasivili, bakekwaho ibyaha birimo ubufatanyacyaha mu gukoresha umutungo wa leta icyo utagenewe
Guverinoma y’u Rwanda yatangaje ko kugeza mu 2029 iteganya kugabanya ku kigero cya 50% ibirarane by'imanza zandindiriye mu nkiko
Abaturage 15 bo mu Murenge wa Kiramuruzi mu Karere ka Gatsibo bajyanywe kwa muganga nyuma yo kunywa umutobe bikekwa ko wari wahumanyijwe
Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n'Ubutwererane w’u Rwanda, Amb.Olivier Nduhungirehe, yihanganishije umuryango wa Amb. Dr. Aisa Kirabo Kacyira witabye Imana
Abasirikare b’u Rwanda bagize batayo ya RWABAT-2 bari mu butumwa bwo kugarura amahoro muri Repubulika ya Centrafrique, MINUSCA, bahawe imidali ya Loni bashimirwa uruhare rwabo mu kubungabunga amahoro no kugarura ituze muri iki gihugu
Dr. Aisa Kirabo Kacyira wayoboraga Ibiro by’Umuryango w’Abibumbye bishinzwe gutanga ubufasha muri Somalia (UNSOS), yitabye Imana azize uburwayi
Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Ubutegetsi bw’Igihugu, Kayisire Marie Solange, yashimye Akarere ka Nyaruguru kaje ku isonga mu gutanga neza serivisi z’irangamimerere mu mwaka wa 2024/2025