Inkuru Nshya

Ikipe y’umukino wo gusiganwa ku magara ya Benediction Banafrica Team ihagarariye u Rwanda mu isiganwa ryo muri Cameroon (Tour du Cameroun 2026) yatangiye neza iri siganwa nyuma guhembwa nk’ikipe y’umunsi mu gace ka mbere.
Imikino ya gicuti ikipe y’igihugu y’u Rwanda ‘Amavubi’ yagombaga gukinira i Marrakech muri Maroc mu gihe cy'ikiruhuko mpuzamahanga cya FIFA cyo muri Kamena 2026 yakuweho
Kuri uyu munsi kandi leta y’abicanyi yari ikomeje umugambi wayo mubisha wo gutsemba Abatutsi mu bice bitandukanye hirya no hino mu gihugu
Umuryango GSMA (Global System for Mobile Communications Association) uharanira iterambere ry’ikoranabuhanga rishingiye kuri telefone ngendanwa watangaje ko inama mpuzamahanga ihuza ibigo by’ikoranabuhanga yagombaga kubera mu Rwanda yasubitswe.
U Rwanda n’u Bufaransa byasinyanye masezerano abiri y’ubwumvikanye harimo arebana n’ubufatanye mu bijyanye n’abimukira n’ayandi ajyanye no korohereza abagize imiryango y’abakozi bari mu butumwa bwa dipolomasi kuri buri gihugu kubona akazi mu bihugu byombi.
Perezida Kagame yashimangiye ko umubano w’u Rwanda n’u Bufaransa, wubakiye ku cyizere kandi ko ubufatanye hagati y’ibihugu byombi mu nzego zitandukanye bukomeje kugana aheza.
Ku Rwibutso rwa Jenoside rwa Nyundo mu karere ka Rubavu habereye igikorwa cyo kwibuka ku nshuro ya 32 imiryango yazimye muri yakorewe Abatutsi mu 1994.
Ikigo cy’Igihugu gishinzwe guteza imbere iyoherezwa mu mahanga ry’ibikomoka ku buhinzi n’ubworozi, NAEB, cyatangaje ko kuva ku wa 24 kugera ku wa 29 Gicurasi 2026, ibikomoka ku buhinzi n’ubworozi byoherejwe mu mahanga byinjirije u Rwanda arenga miliyari 17,3 Frw, avuye muri toni 8,869.
Minisiteri y’Imari ya Leta zunze ubumwe za Amerika yatangaje kuri uyu wa Kabiri ibihano bishya byafatiwe abayobozi babiri b’imitwe yitwaje intwaro ikorera mu burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demukarasi ya Congo (RDC), mu rwego rwo gushyigikira inzira y’amahoro no gukemura amakimbirane amaze imyaka myinshi muri icyo gihugu.

Iyandikishe ku rutonde rw’abakira ubutumwa bwacu kugira ngo ubone amakuru mashya buri munsi mu buryo bw’ikoranabuhanga

Amakuru Aheruka