Umuyobozi Wungirije w’Ikigo cy’Igihugu cy’Iterambere (RDB), Juliana Muganza, yayoboye Inama y’Ubucuruzi yahuje u Rwanda na Slovenia, mu rwego rwo kunganira Shampiyona y’Isi yo gusiganwa ku magare ku muhanda ya UCI 2025 ikomeje kubera mu Rwanda.
Umujyi wa Kigali watangaje ko ku wa Gatandatu tariki ya 27 Nzeri 2025 nta muganda rusange uzaba mu Mujyi wa Kigali, hagamijwe gukomeza gushyigikira shampiyona y’Isi y’Amagare.
Mu gihe Shampiyona y’Isi y’amagare irimbanyije i Kigali, uko abasiganwa bazenguruka umujyi, mu kirere hagaragara indege za kajugujugu,ku butaka naho hari imbangukiragutabara ndetse na moto byose bigamije gutanga ubutabazi bw’ibanze mu gihe haba hari ugize ikibazo.
Umunya Slovenia Tadej Pogačar yavuze ko kuba Remco Evenepoel yaramuciyeho agatsinda irushanwa , nawe byari nko kwihorera ku byamubayeho muri Tour de France ubwo yafatiwe na Jonas Vingegaard ku musozi mu gusiganwa ku gihe (TT).
Iyandikishe ku rutonde rw’abakira ubutumwa bwacu kugira ngo ubone amakuru mashya buri munsi mu buryo bw’ikoranabuhanga