Inkuru Nshya

Kuri uyu wa Mbere ingabo z’u Rwanda ziri mu butumwa bwo kubungabunga amahoro muri Sudani y’Epfo (UNMISS), bafatanyije na bagenzi babo bakorera muri UNMISS Malakal, batanze serivisi z’ubuvuzi ku buntu ku baturage batuye mu gace ka Diel, mu nkengero z’umugezi wa Nili muri Leta ya Upper Nile.
Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Kugenzura Imiti n’Ibiribwa Rwanda FDA yatangaje ko yafunze izindi 101 zenga inzoga mu Rwanda.
Minisitiri Kajangwe yagaragaje ko ibyanya bya Bugesera, Musanze, Muhanga na Rwamagana byahawe umwihariko muri Gahunda  ya kabiri  y’igihugu yo kwihutisha iterambere NST2, aho bitarenze mu 2029 muri ibi byanya hazaba haragejejwe ibikorwaremezo byose.
Ikipe ya Tusker FC yo muri Kenya yasuye Urwibutso rwa Kigali ruherereye ku Gisozi ruruhukiyemo Abazize Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 mu rwego rwo kubunamira.
Mu Rwanda hatangijwe ku mugaragaro Ishuri Nyafurika ry’Abagore mu buyobozi bwa politiki (African Academy for Women in Political Leadership), rije gukemura ikibazo cy’ubuke bw'abagore mu nzego zifata ibyemezo. Ryafunguriwe i Kigali kuri uyu wa Mbere tariki 3 Kanama 2026.
Ku wa Gatanu tariki ya 7 Kanama 2026, Abanyarwanda bazizihiza Umunsi Mukuru w’Umuganura, wizihizwa buri mwaka mu rwego rwo gusangira umusaruro, kwishimira ibyagezweho mu iyerambere no kubaka ubumwe.
Inteko Ishinga Amategeko y’u Rwanda, Umutwe w’Abadepite, basabye ko hanozwa ingamba zo gushyira mu bikorwa politiki y’igihugu y’urujya n’uruza rw’abakozi.
Guverinoma y’u Rwanda yatangaje ko itazigera yemera ko umutwe wa FDLR uhabwa urubuga rwa politiki mu Rwanda, ivuga ko uyu mutwe ugomba kurambika intwaro, ugasenywa ndetse n’abawugize bagataha mu gihugu hakurikijwe ibikubiye mu masezerano y’amahoro yasinyiwe i Washington.
Umuyobozi Mukuru ushinzwe kurwanya Ibyaha by’Iterabwoba n’iby’Ikoranabuhanga mu Rwego rw’Ubugenzacyaha, RIB, Peter Karake, yavuze ko mu iperereza ryakozwe ku nganda zikora inzoga zitujuje ubuziranenge hafunzwe izigera kuri 90 ndetse abantu 50 bagatabwa muri yombi.

Iyandikishe ku rutonde rw’abakira ubutumwa bwacu kugira ngo ubone amakuru mashya buri munsi mu buryo bw’ikoranabuhanga

Amakuru Aheruka