Inkuru Nshya

Abafite ibyuma bisya imyumbati n'ibindi binyampeke,mu karere ka Kamonyi baravuga ko batungujwe no gufungirwa ibikorwa aho basabwa ibirimo no kujya baha amata abakozi buri munsi, ibyatumye ubu abaturage bagorwa no kubona aho bashesha imyumbati n'ibinyampeke
Ikipe ya Amagaju FC yo mu karere ka Nyamagabe yamaze gusinyisha umuzamu w'umugande Nicholas Ssebwato amasezerano y'umwaka umwe nyuma yo kurangiza amasezerano mu ikipe ya Mukura VS&L
Imikino ya mbere ya 1/2 irakinwa kuri uyu wa Gatatu aho Patriots BBC yabaye iya kabiri ku rutonde rusanzwe rwa Shampiyona izakina na REG BBC yabaye iya gatatu saa 18:30 naho APR BBC yabaye iya mbere izakina na RSSB Tigers BBC yabaye iya kane saa 21:00, iyi mikino yombi izabera muri BK Arena.
Ikipe ya Gisagara VC yababariye umukinnyi wayo Muvara Ronard ukina hagati (Middle Blocker) waruherutse gufatirwa ibihano byo guhagarikwa amezi 3 adakina azira imyitwarire idahwitse yagaragaje mu irushanwa rya Volleyball ryo Kwibuka ku nshuro ya 32 Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, Genocide Memorial Tournament 2026, ariko nyuma akandika asaba imbabazi.
Umusifuzi mpuzamahanga w'umunyarwanda mu mukino wa volleyball, Ndayisaba Alphonse, yerekeje i Santiago muri Chile aho agiye gusifura imikino y'Igikombe cy'Isi cy'abatarengeje imyaka 17 mu bangavu, kizakinwa kuva tariki 6 Kanama kugeza tariki 16 Kanama 2026.
Senateri Evode Uwizeyimana yatangaje ko bitumvikana uburyo mu Rwanda hari igihe kimwe amazi aba menshi ndetse akanasenyera abaturage hanyuma hakaba n’igihe abura ku buryo hari abamara amezi abiri nta mazi bafite hanyuma igisobanuro kibaka ko ari mu bihe by’impeshyi kandi ababishinzwe bari babizi ko ibyo bihe bizagera.
Kuri uyu wa Mbere ingabo z’u Rwanda ziri mu butumwa bwo kubungabunga amahoro muri Sudani y’Epfo (UNMISS), bafatanyije na bagenzi babo bakorera muri UNMISS Malakal, batanze serivisi z’ubuvuzi ku buntu ku baturage batuye mu gace ka Diel, mu nkengero z’umugezi wa Nili muri Leta ya Upper Nile.
Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Kugenzura Imiti n’Ibiribwa Rwanda FDA yatangaje ko yafunze izindi 101 zenga inzoga mu Rwanda.
Minisitiri Kajangwe yagaragaje ko ibyanya bya Bugesera, Musanze, Muhanga na Rwamagana byahawe umwihariko muri Gahunda  ya kabiri  y’igihugu yo kwihutisha iterambere NST2, aho bitarenze mu 2029 muri ibi byanya hazaba haragejejwe ibikorwaremezo byose.