Inkuru Nshya

Urwego rw’Igihugu rushinzwe iterambere RDB, rwatangaje ko mu 2025 ubukerarugendo bwinjirije u Rwanda miliyoni 685$ aho byiyongeye ugereranyije na miliyoni 647$ bwari bwarwinjirije mu 2024 bigaragaza ubwiyongere bwa 6%.
Kaminuza y’u Rwanda,UGHE, INES Ruhengeri na Aarhus yo muri Denmark, byinjiye mu bufatanye bugamije guteza imbere urwego rw’ubuvuzi mu Rwanda no hanze yarwo.
Yifashishije konti ye ya X, mu gitondo cyo kuri uyu wa Kabiri, tariki ya 28 Mata 2026 Anne yasangije abamukurikira ubutumwa yageneye umugabo we Martin Nyirijabo kuri uyu munsi w’isabukuru ye y’amavuko.
Imikino y’amatsinda muri Shampiyona Nyafurika yʼAmakipe yʼAbagabo muri Volleyball iri kubera mu Rwanda, yasojwe ku mugoroba wo kuri uyu wa Mbere tariki ya 27 Mata 2026. Hakinwe umunsi wayo wa nyuma utahiriye APR VC yari itaratsindwa iratsikira, uhira Kepler VC na REG VC zari zaratakaje umukino umwe mbere, Police VC ikomeza kwema isoza idatsinzwe.
Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda ACP Boniface Rutikanga arasaba afafite ibinyabiziga by’umwihariko abatwara moto kubahiriza gahunda yashyizweho mu mujyi wa Kigali yo gutwara abagenzi rusange mu buryo bwa bisi,birinda kunyura mu gisate cyagenewe bisi mu masaha yashyizweho.
Minisiteri y’Urubyiruko n’Iterambere ry’Ubuhanzi (MoYA), ku bufatanye na Banki y’Iterambere ry’u Rwanda (BRD), yashyizeho ikigega cyihariye cyiswe Aguka Youth Fund, kigamije guteza imbere urubyiruko n’abahanzi babinyujije mu kuborohereza kugera kuri serivisi z’imari no kubona igishoro cyo guteza imbere imishinga yabo
Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda ACP Boniface Rutikanga arasaba abafite ibinyabiziga by’umwihariko abatwara moto kubahiriza gahunda yashyizweho mu mujyi wa Kigali yo gutwara abagenzi rusange mu buryo bwa bisi,birinda kunyura mu gisate cyagenewe bisi mu masaha yashyizweho.
Umuhanzi w’indirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana, Prosper Nkomezi n’umugore we NkuruNZIZA Retina bakiriwe ku mugaragaro mu Itorero rya Shalom Covenant Church ryo muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, aho bagiye kujya basengera ndetse bakahakorera umurimo w’ivugabutumwa.
Uwo munsi Col Théoneste Bagosora yamenyesheje abasirikare bakuru ko igikwiye ari ukongera ingufu muri diplomasi kugira ngo ubwicanyi bwakorerwaga Abatutsi ntibumenyekane, ndetse banashake uko babwikuraho.