Inkuru Nshya

Umuryango w’Abibumbye (UN) wageneye u Rwanda inkunga ya miliyoni 2 z’amadorali ya Amerika (arenga miliyari 2,9 Frw) zo kwifashisha mu kwitegura guhanga n’Icyorezo cya Ebola.
Mu minsi itanu, kuva ku wa 20 kugeza ku wa 24 Nyakanga 2026, u Rwanda rwinjije miliyoni 8.7$ avuye mu kohereza mu mahanga toni 8,826 z’ibikomoka ku buhinzi n’ubworozi.
Nyuma y'uko imikino isanzwe ya Shampiyona (Regular Season) ishyizweho akadomo igasiga hamenyekanye amakipe 4 azishakamo ikipe izegukana igikombe cya Shampiyona y'u Rwanda ya basketball mu bagabo, Ishyirahamwe ry'Umukino wa Basketball mu Rwanda, FERWABA, yashyize hanze ingengabihe y'uko imikino ya kamarampaka izakinwa.
Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Dr. Usta Kaitesi, yakiriye kopi z’impapuro zemerera Ambasaderi wa Oman n’uwa Nouvelle-Zélande guhagararira ibihugu byabo mu Rwanda.
Ikipe ya Sabah FK yo muri Azerbaijan yasezereye ikipe ya Kuopion Palloseura yo muri Finland mu ijonjora rya kabiri rya UEFA Champions League ku giteranyo cy'ibitego 3-0 harimo igitego cya rutahizamu Joy-Lance Mickels ukinira ikipe y'Igihugu y'u Rwanda 'Amavubi'.
Umunyarwenya Saad Ssozi, wamamaye ku mbuga nkoranyambaga muri Uganda, ku izina rya Rango Tenge Tenge ari mu Rwanda, aho afite igitaramo azasusurutsamo abakunzi be.
Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Ambasaderi Olivier Nduhungirehe yamaganye amasezerano Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo yagiranaye n’Umutwe w’abajenosideri wa FDLR agaragaza ko ibyakozwe bihabanye n’ibikubiye mu masezerano ibihugu byombi byasinyiye i Washington muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika.
Ikipe y'Igihugu y'u Rwanda ya basketball y'abatarengeje imyaka 18 mu bangavu, yasezerewe muri 1/2 n'ikipe y'igihugu ya Kenya ku manota 78-74 mu mikino y'akarere ka 5 yo gushaka itike y'Igikombe cya Afurika iri kubera i Cairo mu Misiri.
Inteko Ishinga Amategeko Umutwe w'Abadepite yatoye itegeko rigenga ubworozi n'uburobyi rigamije gufasha igihugu  kwihaza mu biribwa no kugera ku iterambere rirambye.
Itsinda ry'abofisiye bo mu Ishuri Rikuru rya Gisirikare rya Zimbabwe  bari mu ruzinduko rw'ibyumweru bibiri mu Rwanda rugamije kurushaho gushimangira ubufatanye mu bya gisirikare ndetse no kunguka ubumenyi ku rugendo rwihariye u Rwanda rwanyuzemo mu kubaka umutekano ndetse n'imiyoborere

Iyandikishe ku rutonde rw’abakira ubutumwa bwacu kugira ngo ubone amakuru mashya buri munsi mu buryo bw’ikoranabuhanga

Amakuru Aheruka