Inkuru Nshya

Patrick Nkulikiyimfura wari umaze igihe kinini ari Umuyobozi Mukuru wa Akagera Aviation, yitabye Imana ku Cyumweru tariki 12 Mata. Yari afite imyaka 57 y’amavuko.
Ku gicamunsi cyo ku Cyumweru, tariki ya 12 Mata 2026 abahanzi Bruce Melodie na The Ben basuye ndetse bunamira inzirakarengane ziruhukiye mu Rwibutso rwa Jenoside yakorewe Abatutsi rwa Kigali ruherereye ku Gisozi.
Abahagarariye amadini n’amatorero n’abakuru b’imiryango gakondo mu Ntara ya Kivu y’Amajyepfo muri Repubulika Iharanira Demokrasi ya Congo bagaragaje ko mu gihe ntacyo umuryango mpuzamahanga wakora ngo uhagarike ibikorwa bya kinyamaswa bikomeje gukorerwa Abatutsi mu Burasirazuba bwa RDC ,naho hashobora kuzaba Jenoside nk’iyakorewe Abatutsi mu Rwanda.
Minisitiri w’ubumwe bw’abanyarwanda n’inshingano mboneragihugu, Dr. Bizimana Jean Damascene, yagaragaje ko bitashoboka ko abanyarwanda bunga ubumwe batabanje kumenya amateka y’icyatumye busenyuka n’abagize uruhare mu kubusenya.
Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru mu Rwanda, FERWAFA, ryifatanyije n’Abanyarwanda muri iki gihe cyo Kwibuka ku nshuro ya 32 Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.
Tariki ya 13 Mata 1994 ni imwe mu matariki atazibagirana ku barokotse Jenoside yakorewe abatutsi muri Mata 1994 kuko kuri iyo tariki abatutsi bari baragiye bahungira ahantu hatandukanye mu Rwanda bagabweho ibitero benshi bakwicwa.
Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, Paul Kagame yishimiye intsinzi ya Ismail Omar Guelleh wongeye gutorerwa kuyobora Djibouti
Umunyamabanga Mukuru w’Umuryango w’Ibihugu bikoresha ururimi rw’Igifaransa (OIF), Louise Mushikiwabo, yatangaje ko yishimiye kuba Ismaïl Omar Guelleh yatorewe kongera kuyobora Djibouti.
Kuri uyu wa 12 Mata 2026 Polisi y’Igihugu yatangaje ko iri gukora iperereza kuri mudasobwa ‘Laptop’ zibwe ku Kigo Nderabuzima cya Buyoga mu Karere ka Rulindo mu Ntara y’Amajyaruguru.