Inkuru Nshya

Umuvugizi w'Umujyi wa Kigali, Emma Claudine Ntirenganya, yavuze ko bagiye gukurikirana icyasembuye igisa n'imvururu zatumye abaturage batera amabuye imodoka y'abashinzwe umutekano bazwi nka Dasso ahazwi nka Nyabugogo.
Amakipe yari ahagarariye u Rwanda mu byiciro bitandukanye mu mikino ihuza Ibigo by’Amashuri yo muri Afurika y’Iburasirazuba, FEASSA Games, yabashije kwegukana imidari 13 yandika amateka atari asanzwe.
Mu itangazo WASAC yashyize hanze ku wa Gatanu tariki 21 Kanama 2026, yavuze ko hari imishinga yitezweho kongera amazi mu Mujyi wa Kigali ho metero kibe ibihumbi 10 ku munsi, azaboneka bitarenze mu byumweru bibiri biri imbere.
Ikipe ya Commercial Bank of Ethiopia FC (CBE FC) yatsinze FC Ujeko yo muri Djibout ibitego 11-0 naho Simba Queens yo muri Tanzania itsinda Top Girls WFC yo mu Burundi mu mikino ibiri yo muri CECAFA y’abagore yabereye muri Kigali Pele Stadium.
Ikipe ya APR BBC yatsinze Patriots BBC amanota 101-92 mu mukino wa 3 w’imikino ya nyuma ya kamarampaka mu bagabo, Cheetah Energy RBL Playoffs, biyiha gutera intambwe igana ku gikombe cya Shampiyona.
Umunyamategeko wunganira Abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi, Gisagara Richard, yatangaje ko biteguye kuburana imanza ebyiri zikomeye z’abakekwaho ibyaha bifitanye isano na Jenoside yakorewe Abatutsi, ziteganyijwe imbere y’inkiko zo mu Bufaransa.
Ikipe ya REG W BBC yatsinze The Hoops Rwanda amanota 77-48 mu mukino wa kabiri w’imikino ya nyuma ya kamarampaka mu bagore, Cheetah Energy RBL Playoffs, wabereye muri BK Arena kuri uyu wa Gatandatu tariki 22 Kanama 2026.
Kuri uyu wa Gatandatu tariki 22 Kanama 2026, Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, yahuye n’ikipe y’Igihugu y’u Rwanda y’abagore y’umukino wa volleyball mbere y’uko ihaguruka mu Rwanda yerekeza i Nairobi muri Kenya ahazabera Igikombe cy’Afurika, CAVB Women’s Nations Championship.
Biravugwa ko Nikita Gicanda Valvelde ushinzwe iterambere ry’umupira w’amaguru w’abagore mu Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru mu Rwanda, FERWAFA, yatawe muri yombi nk’uko byatangajwe na Radiyo SK FM.
Ikipe ya Rayon Sports yatangaje ko yasinyishije rutahizamu wo muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo Sandja Bulaya Moise wakiniraga ikipe ya Kiyovu Sports.

Iyandikishe ku rutonde rw’abakira ubutumwa bwacu kugira ngo ubone amakuru mashya buri munsi mu buryo bw’ikoranabuhanga

Amakuru Aheruka