Inkuru Nshya

Amahirwe yo kujya mu Gikombe cya Afurika ku ikipe y'Igihugu y'u Rwanda 'Amavubi' yiyongereye nyuma y'uko Perezida w'Impuzamashyirahamwe y'Umupira w'Amaguru muri Afurika, CAF, Dr Patrice Motsepe, atangaje ko amakipe azitabira Igikombe cya Afurika cya 2027, kizabera muri Kenya, Tanzania na Uganga, aziyongera akava kuri 24 akagera kuri 28.
Umugaba Mukuru w'Ingabo z'u Rwanda (CDS) akaba n'umuyobozi w'icyubahiro wungirije wa APR F.C, Gen Mubarakh Muganga yasuye ikipe ya APR FC i Shyorongi aho iri gukorera imyitizo yitegura irushanwa rya CECAFA Kagame Cup 2026 rizabera mu Rwanda kuva ku wa Gatanu tariki 24 Nyakanga kugeza tariki 7 Kanama 2026.
Impuzamashyirahamwe y'Umukino wa Volleyball muri Afurika, CAVB, yatangaje urutonde ntakuka rw'amakipe 16 azitabira imikino y'Igikombe cya Afurika cya volleyball cy'ibihugu mu bagabo, 2026 Men's African Nations Volleyball Championship, harimo n'ikipe y'Igihugu y'u Rwanda.
U Rwanda rwinjije amadovize arenga miliyoni 9,63$ z’, ni ukuvuga asaga miliyari 14 Frw, avuye mu bikomoka ku buhinzi n’ubworozi byoherejwe mu mahanga mu gihe cy’iminsi itanu.
Umukinnyi Matheus Bettim ukina nk'umwataka (Outside hitter) yongeye gusubira muri Shampiyona y'u Rwanda ya volleyball nyuma y'umwaka umwe yari amaze ari mu ikipe ya Viapol Vôlei São José yo mu cyiciro cya mbere iwabo muri Brazil.
Kuri uyu wa Gatatu, ba ofisiye b’ingabo z’u Rwanda baturutse mu mitwe itandukanye bitabiriye amahugurwa y’umunsi umwe ku bijyanye n'amategeko mpuzamahanga agenga intambara (IHL), yateguwe na komite mpuzamahanga y’umuryango utabara imbabare (ICRC).
Madamu Jeannette Kagame yasabye abahanga, abashakashatsi, abafata ibyemezo n’abafatanyabikorwa mu rwego rw’ubuzima gushyira imbaraga mu guhindura ubushakashatsi n’udushya mu bikorwa bifatika, kugira ngo icyuho kikigaragara mu kwita ku buzima bw’ababyeyi n’abana kizibwe burundu.
Umuyobozi mukuru (Chairperson) w'ikipe ya Polisi y'u Rwanda y'umupira w'amaguru (Police FC), CP Yahaya M. Kamunuga yavuze ko intego z'iyi kipe muri uyu mwaka w'imikino ari ugutwara igikombe cya Shampiyona.
Perezida wa Leta ya Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Donald Trump, yahisemo Nicholas Checker, umudiplomate wahoze ar intasi mu rwego rushinzwe ubutasi rwa Amerika (CIA), nk’uwo yifuza ko aba ambasaderi wa yo mu Rwanda.
Ikipe ya APR BBC yongeye gusinyisha umukinnyi w'umunyamerika Craig Randall ngo azayifashe mu mikino ya kamarampaka izajyena ikipe izatwara Shampiyona y'u Rwanda ya basketball ari nayo izahagararira u Rwanda mu mikino ya Basketball Africa League (BAL) 2027.