Inkuru Nshya

Ambasaderi w’u Rwanda mu Bwongereza, Johnston Busingye, yavuze ko u Bwongereza ari cyo gihugu rukumbi cyo mu Burengerazuba bw’Isi gicumbikiye abakekwaho uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda bagikomeje kubaho batagezwa imbere y’ubutabera
Mu mujyi rwagati w'akarere ka Nyanza mu kagari ka Nyanza mu murenge wa Busasamana , habereye impanuka 'Ambulance' y'ibitaro bya Nyanza yagonganye na moto maze umugenzi wari utwawe n'iriya moto ahita apfa.
Mu nyandiko ya Minisitiri w’Ubumwe bw’Abanyarwanda n’Inshingano Mboneragihugu Dr Bizimana Jean Damascene, agaragaza ko kuri iyi tariki Abafaransa batangije mu Rwanda icyo bise “Operation Amaryllis”, yari igamije gucyura Ingabo n’abaturage b’Abafaransa n’abanyamahanga bari mu Rwanda aho basize Interahamwe n’ingabo za leta ziri kwica Abatutsi urw’agashinyaguro.
Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 yahitanye ubuzima bw’abarenga miliyoni imwe b’ingeri zinyuranye muri abo barimo n’abahanzi bakundirwaga inganzo yuje ubuhanga bwabo, muri iyi nkuru UMUNOTA.com wakwegeranyirije amateka yihariye y'umuhanzi Karemera Rodrigue wishwe muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.
Ikigo cy’Igihugu gishinzwe guteza imbere iyoherezwa mu mahanga ry’ibikomoka ku buhinzi n’ubworozi (NAEB), cyatangaje umusaruro w’ibikomoka ku buhinzi n’ubworozi woherejwe mu mahanga winjirije u Rwanda asaga miliyari 13.8Frw.
Kuri uyu wa Gatatu mu murwa mukuru w'igihugu cya Tchad ariwo N’Djamena, u Rwanda na Tchad byashyize umukono ku masezerano ashyiraho Komisiyo ihuriweho y’ubufatanye, igamije kurushaho guteza imbere umubano hagati y’ibihugu byombi
Perezida wa Repubulika y’u Rwanda Paul Kagame yazamuye abapolisi mu ntera, aho harimo n'abofisiye bo ku rwego rukuru.Aha harimo abari ku ipeti rya Assistant Commissioner of Police (ACP) bazamuwe ku ipeti rya Commissioner of Police (CP), n’abavuye ku ipeti rya Chief Superintendent of Police(CSP) bazamuwe ku ipeti rya Assistant Commissioner of Police(ACP).
Mu ruzinduko rw’akazi yagiriye muri Chad, Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Olivier Nduhungirehe, wari Intumwa Idasanzwe ya Perezida wa Repubulika y’u Rwanda Paul Kagame, yakiriwe mu biro bya Perezida wa Chad, Maréchal Mahamat Idriss Déby Itno.
Mata 2026, Abanyarwanda baba mu gihugu cya Nigeria, abayobozi mu nzego za leta ya Nigeria n’iz’umutekano, abahagariye ibihugu byabo, abakozi b’imiryango mpuzamahanga n’inshuti bibutse ku nshuro ya 32 Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994. Ni igikorwa cyabereye mu murwa mukuru wa Nigeria, Abuja ku nsangamatsiko y’uyu mwaka: “Kwibuka Twiyubaka.’’ (Remember-Unite-Renew).