Inkuru Nshya

Perezida w’Urukiko rw’Ikirenga, Domitilla Mukantaganzwa, yibukije abagize urugaga rw’abavoka, ko kumenya neza amategeko bibafasha gutegura neza urubanza, bikabagira abanyamwuga mu gutanga ubutabera
Mu nama Nkuru ya 17 y’umuryango FPR Inkotanyi, yabaye kuri uyu wa 19 Ukuboza 2025, yashyizeho inzego ziwugize aho hongewemo Visi Perezida wa Kabiri n’Umunyamabanga Mukuru Wungirije. Hashyizweho kandi Urwego rw'Inararibonye, aho Umunyamabanga Mukuru yabaye Amb. Bazivamo Christophe.
Harabura iminsi iminsi itanu ngo Noheli yizihizwe ndetse n'indi itandatu ngo twinjire mu mwaka mushya wa 2026
Bamporiki Edouard wahoze ari Umunyamabanga muri Ministeri y’Umuco n’Urubyiruko, yateye imitoma umugore we, Uwingabire Marie Claudine, amwifuriza isabukuru nziza y'imyaka 15 bamaze barushinze
Ishuri ryigisha ibijyanye no gutwara indege ry'Akagera Aviation School, ryahaye impamyabumenyi abapilote b’Abanyarwanda 18 basoje amasomo y’imyaka ibiri
Aba- frère babiri, bafunzwe , bakurikiranyweho kugira uruhare mu rupfu rwa mugenzi wabo witwa Benoit Hategekimana, wayoboraga ishuri rya EP Autonome de Butare, riherereye mu Karere ka Huye.
Umuramyi Israel Mbonyi yasabye Abanyarwanda kuzitabira igitaramo “Icyambu” kizaba ku munsi mukuru wa Noheli, aboneraho kubizeza ko umuntu wese uzacyitabira azatahana umunezero, kuko kizaba ari umwanya wo kuramya Imana no gusabana mu byishimo
Umuvugizi Wungirije w’Ingabo z’u Rwanda, Lt Col Simon Kabera, yaganiriye n'abayobozi n’abakozi ba Minisiteri y’Ubuzima n'izindi nzego zishamikiyeho, abagaragariza isano riri iri hagati y’umutekano w’igihugu, ubuzima rusange n’ubushobozi bw’igihugu bwo kwiyubaka
Minisitiri w’Ubucuruzi n'Inganda, Prudence Sebahizi, yashimangiye ko biteguye gufasha ba rwiyemezamirimo b’abagore kongera umusaruro w'ibyo bakora no kubijyana ku isoko bifite ubuziranenge bwahangana n’ibindi bicuruzwa ku masoko mpuzamahanga.
Minisitiri w'Ububanyi n'Amahanga w'u Rwanda, Amb.Olivier Nduhungirehe yavuze ko irekurwa ry’Umujyi wa Uvira ari intambwe ikomeye mu kongerera amahirwe ibiganiro by’amahoro bigamije gukemura ikibazo cy’umutekano mucye mu Burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, RDC

Iyandikishe ku rutonde rw’abakira ubutumwa bwacu kugira ngo ubone amakuru mashya buri munsi mu buryo bw’ikoranabuhanga

Amakuru Aheruka