Umujyanama wa Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika mu bufatanye na Afurika, Massad Boulos, yatangaje ko mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatatu tariki ya 1 Ukwakira 2025, yakiriye itsinda ry’intumwa z’u Rwanda n’iza DR Congo, mu biganiro byanyuma bigamije gusuzuma gahunda ihuriweho yo guteza imbere ubukungu mu Karere (REIF).