Politiki

Ingabo z’u Rwanda (RDF) n’iza Tanzania (TPDF) zumvikanye ku ngamba zitandukanye zigamije kongera ubufatanye, zirimo kunoza ihererekanyamakuru, gukora amarondo ahuriweho, no gukangurira abaturage batuye ku mipaka kwirinda ibikorwa byose binyuranyije n’amategeko.
Ambasade y’u Rwanda muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika yamaganye ibinyoma by’uko abo mu nzego z’umutekano b’u Rwanda zagerageje gucengera muri hoteli umugore wa Perezida wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Denise Nyakeru Tshisekedi yari ucumbitse muri hoteli muri Amerika ndo zimwice.
U Bwongereza buravuga ko ikirego u Rwanda rubaregamo kidaturuka ku kuba butarubahirije ibikubiye mu masezerano y’ubufatanye mu by’ubuhunzi impande zombi zagiranye ahubwo ko cyatewe n’uburakari bw’ibihano bifitanye isano n’amakimbirane yo mu burasirazuba bwa Repubulika ya Demokarasi ya Congo.
Abayobozi b’inzego bwite za Leta n'abo mu nzego zegerejwe abaturage bateraniye mu nama iri kubera mu  ishuri rikuru rya Gisirikare ry’u Rwanda riri i Gako mu Karere ka Bugesera
Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Amb Olivier Nduhungirehe, yanenze amahanga adaha agaciro umusanzu w’Ingabo z’u Rwanda mu bikorwa byo kugarura amahoro mu bice bitandukanye bya Afurika
Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane w’u Rwanda, Ambasaderi Olivier Nduhungirehe, yakiriwe na mugenzi we wa Djibouti, Abdoulkader Houssein Omar, bagirana ibiganiro byibanze ku mubano w’ibihugu byombi no kwagura ubufatanye.
Ambasaderi Moses Rugema yashyikirije Umuyobozi ushinzwe Porotokole muri Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga ya Nigeria, Ambasaderi Wahab Adekola Akande, kopi z’impapuro zimwemerera guhagararira u Rwanda muri iki gihugu
Muri Mutarama 2024 ni bwo perezida w’u Burundi, Evariste Ndayishimiye yafunze imipaka yose yo ku butaka ihuza u Rwanda n’u Burundi arushinja gushaka guhungabanya umutekano w’igihugu cye binyuze mu gufatanya n’umutwe wa RED Tabara urwanya ubutegetsi bwa Gitega, ibirego u Rwanda rwamaganiye kure rugaragaza ko ntashingiro bifite.
Ambasade y’u Rwanda muri Qatar yatangaje ko serivisi yari isanzwe itanga zimuriwe mu buryo bw’ikoranabuhanga (online) kubera ibibazo by’umutekano muke bimaze iminsi mu Burasirazuba bwo hagati.

Iyandikishe ku rutonde rw’abakira ubutumwa bwacu kugira ngo ubone amakuru mashya buri munsi mu buryo bw’ikoranabuhanga

Amakuru Aheruka