Uburezi

Umuryango Urwanya Ruswa n’Akarengane mu Rwanda (Transparency International Rwanda,TI),watangaje ko ko mu rwego rw'uburezi higanje ruswa ishingiye ku gitsina cyane cyane mu mashuri makuru na za kaminuza ndetse n’iy’amafaranga muri serivisi zimwe na zimwe cyane cyane ku bafite intege nke.
Minisiteri y’Uburezi ku bufatanye na MTN Rwanda, basinye amasezerano agamije guteza imbere ubumenyi bw’ikoranabuhanga mu burezi no guha urubyiruko ubumenyi bukenewe ku isoko ry’umurimo rigezweho
Abanyeshuri biga mu Ishuri ryisumbuye ryigisha ibijyanye n'ikoranabuhanga rya Rwanda Coding Academy, barishimira Kaminuza yabo yihariye igiye kuzura, kuko izabafasha gukomeza kuzamura ubumenyi ku rwego mpuzamahanga
Minisitiri w’Intebe yibukije abashoje amasomo mu ishami ry'ubuvuzi muri UGHE ko atari iherezo ry’urugendo, ahubwo ari intambwe ikomeye bateye bava mu kwitegura berekeza mu gukora inshingano
Umuyobozi w’Akarere wungirije Ushinzwe Imibere myiza y’abaturage mu Karere ka Kamonyi, Uwiringira Marie Jose, yavuze ko inzego z’Ubuyobozi zikomeje guhangana n’ibibazo bikomeye bituma abana bava mu ishuri birimo ibikorwa by’ubucukuzi bw’amabuye bikorerwa muri ako gace birarura abana benshi
Umuyobozi wa Zero Out Of Children, Paulin Ndahayo, yavuze ko gahunda yo kugaburira abana ku ishuri ari ingenzi cyane, ari yo mpamvu bayigiramo uruhare kugira ngo umwana wese yige kuko usanga hari imiryango itabasha kubona umusanzu usabwa ngo iri funguro riboneke, bityo abana bakarushaho kwitabira ishuri nta mpungenge.
Umushinga wa ‘Zero Out of School Children’ (Umwana Wese Yige) ugamije kugarura mu ishuri abarivuyemo no kujyanamo abatararigezemo, umaze gusubiza mu ishuri abana barenga ibihumbi 71
Ikigo cy'Igihugu Gishinzwe Imikurire no Kurengera Umwana, NCDA, cyatangaje ko Ibigo mbonezamikurire y'abana bizwi nka ECD byageze kuri 32,205 mu mwaka wa 2025, zigamo abana 1,165,384 biyongereyeho abarenga ibihumbi 800 kuva mu 2020.
Minisitiri w’Uburezi Joseph Nsengimana yasabye ko isuku yaba umuco mu mashuri nk'ahantu hahurira umubare munini bityo abana bakiga neza kandi bafite ubuzima bwiza.
Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Uburezi, Irere Claudette, yashimangiye ko ubufatanye hagati y’u Rwanda na Zimbabwe mu guhana abarimu bigisha, ari intambwe ikomeye igaragaza ko imikoranire hagati y’ibihugu byombi bya Afurika ishoboka aho gukorana gusa n’ibindi bihugu.