Ibyihariye

Minisitiri w’Uburerezi, Nsengimana Joseph, yashimangiye ko uburezi bufite ireme ari inkingi y’iterambere n’umusemburo w’impinduka bityo ko bukwiye kwitabwaho hashyirwa imbaraga mu kongera ikoranabuhanga mu cyane cyane iry’Ubwenge Buhangano AI.
Perezida Paul Kagame, kuri uyu wa Gatanu tariki ya 20 Gashyantare 2026, yakiriye Umunyamabanga Mukuru w’Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba (EAC),Veronica M. Nduva uri i Kigali mu nama yateguwe n’uyu muryango .
Muri uyu mwaka wa 2026, Umujyi wa Kigali witeguye kwakira ibikorwa bikomeye bya siporo n’imyidagaduro bizahuza Abanyarwanda n’abaturutse hirya no hino ku Isi
Perezida Paul Kagame yakiriye mu biro bye, Lee Rosenberg, Umuyobozi w’Icyubahiro w’Umuryango uhagarariye inyungu za Israel muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, AIPAC.
Perezida Paul Kagame yakiriye Senateri Steve Daines wa Leta ya Montana, muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, aho baganiriye ku bufatanye hagati y’u Rwanda n’Amerika ndetse n'umutekano mu Karere ku Burasirazuba
Minisitiri w’Intebe, Dr. Justin Nsengiyumva, yakiriye indahiro y'Umushinjacyaha Mukuru wa Gisirikare, Col Charles Sumanyi, aboneraho kumusaba kuzarangwa n’ubunyangamugayo muri izi nshingano nshya atangiye
Minisiteri y'Abakozi ba Leta n'Umurimo (MIFOTRA), yagaragaje ko hakirebwa uburyo hajyaho umushahara fatizo ku bakozi ariko isaba ko abakoresha n'abakozi bagirana amasezerano y'imikoranire azwi nka CBA ( Collective bargaining Agreements) agamije ko uburenganzira bw'umukozi bwubahirizwa.
Banki Nkuru y’u Rwanda (BNR) yatangaje ko yazamuye igipimo cy’inyungu fatizo itangiraho inguzanyo ku ma banki ho iby'ijana 50, kigera kuri 7.25% mu gihembwe cya kane cya 2025, kivuye kuri 6.75% cyariho mu gihembwe cyabanje
Minisiteri y’Uburinganire n’iterambere ry’Umuryango (MIGEPROF) , yagaragaje ko kugeza ubu abana 328 bari kumwe na ba nyina mu magororero ya Nyarugenge, Nyamagabe,Musanze na Ngoma.
Minisitiri w'Ubutegetsi bw'Igihugu, Hon. Habimana Dominique arikumwe na Mufti w'u Rwanda Sheikh Sindayigaya Musa, bakiriye Sheikh Dr. Muhammed bin Abdulkarim Al-Issa, Umunyamabanga Mukuru wa Muslim World League (MWL) akaba n'Umuyobozi mukuru w'Ihuriro ry'Abamenyi b'Idini ya Islam.