Nina Cynthia

Umunota

Nyuma y'uko AFC/ M23 yigaruriye umujyi wa Uvira, igakurikizaho Makobola, ingabo za Repubulika iharanira Demukarasi FARDC, hamwe n’imitwe yitwaje intwaro izwi nka Wazalendo,kuri yu wa mbere bamaze kwikura mu gace ka Mboko, gaherereye mu bilometero 45 uvuye mu mujyi wa Uvira.
Umusesenguzi mu bya Politiki, Senateri Evode Uwizeyimana,  yavuze ko ifatwa rya Uvira bikozwe n'Ihuriro AFC/M23, byatewe n'uko ari Umujyi wari ingirakamaro cyane mu mikoranire mu bya gisirikare hagati y'u Burundi na DRC.
Ubushakashatsi ku gipimo cya ruswa mu Rwanda [Rwanda Bribery Index] bukorwa buri mwaka n’Umuryango Urwanya Ruswa n’Akarengane, Ishami ry’u Rwanda , Transparency International Rwanda, bwagaragaje ko ruswa nto itangwa igenda igabanyuka ariko amafaranga atangwa akiyongera aho ayatanzwe nka ruswa ngo umuntu abone serivisi yageze kuri miliyoni 29.5 Frw mu 2025 .
Perezida w’u Burundi, Evariste Ndayishimiye, yerekeje i Washington DC, muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, aho azitabira umuhango wo gusinga amasezerano y’amahoro hagati y’u Rwanda na Repubulika iharanira Demukarasi ya Congo, DRC
Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Ambasaderi Olivier Nduhungirehe, yongeye kugaragaza ko amahoro mu karere k’Ibiyaga Bigari adashobora kugerwaho mu gihe umutwe wa FDLR ukomeje kwifanya n'ingabo za Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC).
Imyakaka 54 irashize u Rwanda n’u Bushinwa bitangiye ubufatanye n’umubano  hagati y’ibihugu byombi. Ni umubano watangiriye ku wa 12 Ugushyingo 1971. Kuva icyo gihe, umubano wakomeje kwaguka  ndetse ibihugu byombi byasinyanye amasezerano agiye atandukanye.
Umuyobozi ushinzwe ishoramari muri RDB, Michelle Umurungi, yagaragaje ko u Rwanda rwafunguriye amarembo ubucuruzi bwambukiranya imipaka, nk'uburyo bwo kongerera imbaraga ubucuruzi bw'ibihugu ariko hubahirizwa umutekano
Ikigo cy’Igihugu Gishinzwe Guteza Imbere Imiturire, Rwanda Housing Authority (RHA), cyatangaje ko imirmo y'umushinga wo kuvugurura no kwagura ibitaro bya Masaka igeze ku kigero cya 96%
Leta y’u Rwanda yakiriye imiryango 98 igizwe n’Abanyarwanda 326 bari bamaze imyaka irenga 30 barahungiye mu Burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo
inisitiri w'Ubuzima , Dr NSANZIMANA Sabin, yagaragaje ko Umuryango uhuza Ibikorwa by’Amavuriro ya Kiliziya Gatolika n’ay’andi matorero ya Gikirisitu BUFMAR, yagize uruhare mu kuzamura ikizere cyo kubaho mu Banyarwanda