Niyigena Radjabu

Niyigena Radjabu

Niyigena Radjabu ni umunyamakuru w’Umunyarwanda ukora kinyamwuga ufite uburambe bw’imyaka itatu mu itangazamakuru, ryibanda ku gutara no gutangaza inkuru zicukumbuye ku buzima rusange n’izivuga ku Rwanda. Kuri ubu ni umunyamakuru wa Umunota.com, rumwe mu ziyoboye mu Rwanda mu bijyanye no gutangaza amakuru ku mbuga zikorera kuri murandasi.

Ambasaderi Urujeni Feza Bakuramutsa yashyikirije Papa Leo XIV impapuro zimwemerera guhagararira u Rwanda I Vatican ahita anatangira ku mugaragaro inshingano ze nka Ambasaderi w’u Rwanda muri iki gihugu.
Minisitiri w’Intebe Dr. Justin Nsengiyumva yagaragaje ko buri Munyarwanda wese akwiye kumva ko amateka yaranze u Rwanda atamureba kuko ari inshingano za buri umwe guharanira ko ibyabaye bitazongera ukundi.
Tariki nk’iyi mu 1994, nibwo hatangiye agahenge k’amasaha 36 nk’umwanzuro wari wafashwe na FPR Inkotanyi ubwo Iqbar Riza wari umujyanama wihariye w’Umunyamabanga Mukuru w’Umuryango w’Abibumbye yabasuraga ku Mulindi.
Perezida Paul Kagame yazamuye mu ntera abakozi 742 b’Urwego rw’u Rwanda rushinzwe Igorora, RCS, ashyira 25 mu kiruhuko cy’izabukuru, yirukana 296 mu gihe batanu yabasubije mu buzima busanzwe.
RSSB Tigers BBC ihagarariye u Rwanda mu mikino ya nyuma ya BAL yatsinze FUS de Rabat yo muri Maroc, amanota 95-72 mu mukino ubanza wa 1/4 wabereye muri BK Arena kuri uyu wa Gatanu tariki ya 22 Gicurasi 2026.
Mu rwego rwo kwirinda ko iki cyorezo kigera mu Rwanda, Minisiteri y’Ubuzima yatangaje ko kugeza ubu ntamuntu uragaragaraho iki cyorezo ndetze ko hakomeje gufatwa ingamba zinyuranye zo kwirinda.
Ambasade y’u Rwanda muri Koreya y’Epfo yayoboye ibikorwa byo gutegura ibirori byo kwizihiza Umunsi wahariwe Afurika mu 2026 byabereye i Grand Hyatt mu Mujyi wa Seoul.
Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w'u Rwanda, Amb. Olivier Nduhungirehe uri i Rabat muri Maroc, yagiranye ibiganiro na mugenzi we w’iki gihugu, Nasser Bourita anashyikira Umwami wacyo Mohammed VI, ubutumwa bwa Perezida Kagame.
Izi ngamba zatanze umusaruro aho kuri ubu Umujyi wa Kigali watangaje ko abatega imodoka rusange biyongeyeho abagera ku bihumbi 30.