Niyigena Radjabu

Niyigena Radjabu

Niyigena Radjabu ni umunyamakuru w’Umunyarwanda ukora kinyamwuga ufite uburambe bw’imyaka itatu mu itangazamakuru, ryibanda ku gutara no gutangaza inkuru zicukumbuye ku buzima rusange n’izivuga ku Rwanda. Kuri ubu ni umunyamakuru wa Umunota.com, rumwe mu ziyoboye mu Rwanda mu bijyanye no gutangaza amakuru ku mbuga zikorera kuri murandasi.

U Rwanda na Misiri byasinye amasezerano yo gukuriranaho visa ku baturage b’impande zombi bajya muri buri gihugu.
Perezida wa Repubulika Paul Kagame , yatangaje ko u Rwanda rutewe ishema no kuba rwarakiriye shampiyona y’Isi y’Amagare yari imaze icyumweru ibera mu Rwanda, mu Mujyi wa Kigali.
Umujyanama wa Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika mu bufatanye na Afurika, Massad Boulos, yatangaje yaganiriye na Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’u Rwanda, Amb Olivier Nduhungirehe, ku bijyanye n’ishyirwa mu bikorwa ry’amasezerano y’amahoro hagati y’u Rwanda na RD Congo ndetse n’ibijyanye n’ingamba z’ubwirinzi u Rwanda rwafashe ndetse n’uburyo bwo kurwanya imitwe y’itwaje intwaro.
Kuri iki cyumweru tariki ya 28 nzeri 2025, Shampiyona y’Isi y’Amagare yaberaga i Kigali yashyizweho akadomo, yegukanywa n'umunyaslovania , Tadej Pogačar.
Perezida wa Repubulika Paul Kagame, yashimiye ubuyobozi bw’ Ishyirahamwe ry’Imikino yo Gusiganwa ku Magare (UCI), ryamugeneye igihembo gihabwa abakoze ibikorwa by’indashyikirwa mu mukino wo gusiganwa ku magare, avuga ko ari amateka yanditswe ku mugabe wa Afurika by’umwihariko mu Rwanda.
Umuhanga mu kuvanga imiziki, Dj Brianne yasabye imbabazi abakunzi b’ibikorwa bye nyuma yuko agaragaye mu mashusho yasakajwe ku mbuga nkoranyambaga atukana ibitutsi nyandagazi.
Perezida Paul Kagame yahawe igihembo cy’indashyikirwa cyo guteza imbere umukino w’amagare ndetse no gutegura neza Shampiyona y’Isi y’amagare 2025 imaze icyumweru ibera i Kigali.