Guillaume NIYONKURU

Guillaume NIYONKURU

Ikipe ya APR FC yatsinzwe na Sunrise FC igitego 1-0 naho Al Merrikh yo muri Sudani itsindwa na Gicumbi FC igitego 1-0 mu mikino ya gicuti yabaye kuri uyu wa Gatandatu tariki 15 Kanama 2026.
APR W BBC yatsinze REG W BBC na The Hoops Rwanda itsinda Kepler W BBC mu mikino ya 1/2 cy'irangiza mu mikino ya kamarampaka ya basketball mu bagore, Cheetah Energy RBL Playoffs, bituma kuri buri mukino amakipe anganya intsinzi z'imikino 2-2, hakaziyambazwa umukino wa 5 ngo hamenyekane amakipe yerekeza ku mukino wa nyuma.
Ku mugoroba wo kuri uyu wa Gatanu tariki 14 Kanama 2026 nibwo ikipe ya Rayon Sports yatangajwe umukinnyi w'umurundi Elie Mokono uzwi nka Eldhino nk'umukinnyi wayo mushya.
Byukusenge Devotha yegukanye umudari wa zahabu mu bagore naho Hakizimana John yegukanye umudari wa feza mu bagabo mu isiganwa mpuzamahanga ryo gusiganwa ku maguru rya Brazzaville muri Repubulika ya Congo, Brazzaville International Half Marathon, ryabaye kuri uyu wa Gatanu tariki 14 Kanama 2026 ku nshuro yaryo ya 21.
Kimenyi Yves na Uwase Muyango Claudine batangiye kuburana kuri uyu wa Gatanu tariki 14 Kanama 2026 ku bijyanye no gutandukana byemewe n'amategeko 'gatanya'.
Ikipe ya Rayon Sports iravugwa ku isoko ry'umukinnyi wo mu kibuga hagati, aho iri mu biganiro n'abakinnyi barimo Ruboneka Jean Bosco udafite ikipe kugeza ubu, Elie Eldinho Mokono ukinira ikipe ya Fountain Gate yo muri Tanzania na Kamana Karimu ukinira Vision FC mu Burundi.
Kalisa Adolphe wamenyekanye nka Camarade wabaye Umunyamabanga Mukuru w’Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru mu Rwanda, FERWFA, yahanishijwe igihano cy’igifungo cy’umwaka umwe mu Igororero n’ihazabu ya 16.040.25$ ariko isubitswe mu gihe cy’umwaka umwe nk’uko bikubiye mu cyemezo gihamya amasezerano y’ubwumvikane bushingiye ku kwemera icyaha.
Ikipe ya Rayon Sports yamaze gutandukana n'umuzamu Drissa Kouyaté ukomoka muri Mali bivuye ku busabe bwe kuko atabona umwanya wo gukina.
Rutahizamu ukinira ikipe y'Igihugu y'u Rwanda 'Amavubi' Joy-Slayd Mickels yatangajwe nk'umukinnyi mushya w'ikipe ya Hibernians FC ikina icyiciro cya mbere muri Shampiyona yo mu birwa bya Malta, YoHealth Malta Premier.
Ikipe y’igihugu y’u Rwanda y’ingimbi zitarengeje imyaka 18 yarangirije ku mwanya wa 10 mu Gikombe cya Afurika kiri kubera i Abidjan muri Côte d'Ivoire nyuma yo gutsindwa n’ikipe y’igihugu ya Nigeria.