Guillaume NIYONKURU

Guillaume NIYONKURU

Umugaba Mukuru w'Ingabo z'u Rwanda (CDS) akaba n'umuyobozi w'icyubahiro wungirije wa APR F.C, Gen Mubarakh Muganga yasuye ikipe ya APR FC i Shyorongi aho iri gukorera imyitizo yitegura irushanwa rya CECAFA Kagame Cup 2026 rizabera mu Rwanda kuva ku wa Gatanu tariki 24 Nyakanga kugeza tariki 7 Kanama 2026.
Impuzamashyirahamwe y'Umukino wa Volleyball muri Afurika, CAVB, yatangaje urutonde ntakuka rw'amakipe 16 azitabira imikino y'Igikombe cya Afurika cya volleyball cy'ibihugu mu bagabo, 2026 Men's African Nations Volleyball Championship, harimo n'ikipe y'Igihugu y'u Rwanda.
Umukinnyi Matheus Bettim ukina nk'umwataka (Outside hitter) yongeye gusubira muri Shampiyona y'u Rwanda ya volleyball nyuma y'umwaka umwe yari amaze ari mu ikipe ya Viapol Vôlei São José yo mu cyiciro cya mbere iwabo muri Brazil.
Umuyobozi mukuru (Chairperson) w'ikipe ya Polisi y'u Rwanda y'umupira w'amaguru (Police FC), CP Yahaya M. Kamunuga yavuze ko intego z'iyi kipe muri uyu mwaka w'imikino ari ugutwara igikombe cya Shampiyona.
Ikipe ya APR BBC yongeye gusinyisha umukinnyi w'umunyamerika Craig Randall ngo azayifashe mu mikino ya kamarampaka izajyena ikipe izatwara Shampiyona y'u Rwanda ya basketball ari nayo izahagararira u Rwanda mu mikino ya Basketball Africa League (BAL) 2027.
Nyuma yo gutanga ibyishimo mu myaka yashize, itsinda rya Urban Boyz ryari rigizwe na Safi, Nizzo na Humble Jizzo ryongeye guhurira hamwe mu gihe ryitegura kongera gutaramira abantu i Rubavu tariki 1 Kanama 2026 mu bitaramo bizenguruka Igihugu bya MTN Iwacu Muzika Festival bitegurwa na East African Promoters (EAP).
Mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatatu tariki 22 Nyakanga 2026 ikipe ya Vipers SC yo muri Uganda yageze mu Rwanda aho yitabiriye irushanwa rya CECAFA Kagame Cup 2026.
Muyango Claudine wabaye Nyampinga uberwa n’amafoto (Miss Photogenic) muri Miss Rwanda 2019 yerekanye imodoka nshya yaguze ya ‘Mercedes-Benz GLC 300’ ifite n’icyapa kiranga ikinyabiziga (Plaque) cyiri mu izina rye ‘Muyango’.
Ikipe ya Police FC yatangaje umutoza Rkyer Jaafar ukomoka muri Maroc nk'umutoza wayo mushya mu gihe cy'imyaka ibiri iri imbere, asimbuye Ben Moussa warumaze umwaka umwe atoza iyi kipe ya Polisi y'u Rwanda.
Kapiteni w'ikipe y'igihugu ya Uganda, Zaina Namuleme wamaze gusinyira ikipe ya Rayon Sports y'abagore, yageze i Kigali mu gitondo cyo kuri uyu wa Kabiri tariki 21 Nyakanga 2026 aho aje gutangira imirimo ye muri Rayon Sports.