IKUZWE MBABAZI Maurice

IKUZWE MBABAZI Maurice

IKUZWE MBABAZI Maurice ni umunyamakuru w’Umunyarwanda ndetse n’umunyeshuri uri gusoza amasomo ya Kaminuza mu Itangazamakuru n’Itumanaho. Afite ubunararibonye mu kwandika inkuru,. Afite umwete n’inyota yo kuba umunyabigwi mu itangazamakuru.Ubu, akorera ku UMUNOTA.COM. Intego ye ni ugukoresha impano n’ubumenyi afite mu guteza imbere itangazamakuru rifite ireme no kugeza ku baturage amakuru abafitiye akamaro.Email: [email protected] Tel: 0785580314

Aya matariki ya Kamena 1994 yaranzwe ahanini no gutsindwa kw’ingabo za Guverinoma y’abicanyi zitakaza ibice byinshi by’Umujyi wa Kigali n’Umujyi wose wa Gitarama wabohowe mu ijoro ryo ku wa 13-14 Kamena 1994.
Abanya-Kenya begukanye Full Marathon mu bagabo no mu bagore ndetse na Half Marathon mu bagabo, Umunyarwandakazi yegukana Half Marathon mu bagore, mu Isiganwa Mpuzamahanga ry'Amahoro rya Kigali ryabereye mu Rwanda ku nshuro yaryo ya 21.
Ikipe ya RSSB Tigers yazengurutse Umujyi wa Kigali yerekana igikombe cya Basketball Africa League (BAL 2026) yegukanye isoreza mu gitaramo yishimanyemo n'abanya-Kigali
Itsinda ry’abahanzikazi baririmba indirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana rya Vestine na Dorcas, ryatangaje ko ryamaze gutandukana na Irene Murindahabi uzwi nka M Irenen wari warebereraga inyungu z'iri tsinda kuva mu 2020.
Minisiteri y’Uburezi yatangaje ko mu myaka ibiri ishize hatangijwe gahunda yo guhera abana ifunguro rya saa sita ku ishuri, hamaze gukusanywa Miliyoni 976 Frw zo gushyigikira iyi gahunda.
Urwego rw’Umuvunyi ruvuga ko kuba hari ibibazo rwakira kandi hari izindi nzego za Leta zagombaga kuba zarabikemuye, bigaragaza ko abaturage baba batahawe serivisi bakeneye uko bikwiye.
Mu mwaka wa 2025 Pariki ya Nyungwe yahuye n’ibibazo bibangamira urusobe rw’ibinyabuzima birimo kugongwa kw’inyamaswa bitewe n’umuvuduko w’ibinyabiziga biyinyuramo, ba rushimuzi n'ibindi.
Myugariro w’Ikipe y’Igihugu y’u Rwanda Amavubi, usoje amasezerano muri APR FC, Niyigena Clement yasigaye mu Misiri aho yari mu mwiherero w’ikipe y’igihugu aho bivugwa ko yabonye ikipe nshya