Niyigena Radjabu

Niyigena Radjabu

Niyigena Radjabu ni umunyamakuru w’Umunyarwanda ukora kinyamwuga ufite uburambe bw’imyaka itatu mu itangazamakuru, ryibanda ku gutara no gutangaza inkuru zicukumbuye ku buzima rusange n’izivuga ku Rwanda. Kuri ubu ni umunyamakuru wa Umunota.com, rumwe mu ziyoboye mu Rwanda mu bijyanye no gutangaza amakuru ku mbuga zikorera kuri murandasi.

Tariki ya 21 Mata 1994, Akanama ka Loni gashinzwe amahoro ku isi kafashe umwanzuro 912 uhindura inshingano za MINUAR, iyisiga ku izina gusa, ifite abasirikari 250 gusa nyamara, buri munsi Gen Dallaire wayoboraga MINUAR yohererezaga raporo Loni avuga uko ubwicanyi bwakorerwaga Abatutsi mu Rwanda. 
Abayobozi bakuru bo mu nzego za Leta z’u Rwanda na Uganda bashimangiye ubushake bwo guteza imbere ubucuruzi n’ishoramari hagati y’ibihugu byombi, mu nama y’abayobozi bakuru b’ibihugu byombi izwi nka “Joint Permanent Commission (JPC) 2026.”
Ubuyobozi bw’Umuhora wa Ruguru bwashimiye u Rwanda ku kugira imihanda yujuje ubuziranenge n’ibisabwa byose ku kigero cya 98%.
Umwamikazi Rosalie Gicanda yishwe ku itegeko rya Kapiteni Ildephonse Nizeyimana wari mu kigo cya ESO (École des Sous-Officiers). Muri Jenoside, Nizeyimana yafatanije n’abandi basirikari bari mu bwicanyi nka Lt Colonel Muvunyi Tharcisse n’abasirikari bo mu Kigo cya gisirikari cya Ngoma cyayoborwaga na Liyetona Ildefonse Hategekimana na Jandarumuri yayoborwaga na major Cyriaque Habyarabatuma ndetse n’Interahamwe.
Perezida Evariste Ndayishimiye w’u Burundi yatangaje ko mu gihe haboneka impamvu yamusaba gukorera urugendo i Kigali nta cyatuma atajyayo.
Umuvugizi w’Ingabo z’u Rwanda, Brig Gen Ronald Rwivanga garagagaje uburyo amahanga yarengeje amaso nkana ibitero bya FLN na RUD Urunana mu Rwanda agakangurwa n’urupfu rwa Ambasaderi w’u Butaliyani muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.
Abasenateri basabye Minisiteri y’Ubucuruzi n’inganda kwihutisha ibikorwa byo kwimura abaturage begereye ibyanya by’inganda no kongeramo ibikorwaremezo muri ibyo byanya mu rwego rwo gukomeza kongera uruhare rw’inganda mu iteramabere ry’igihugu.
Banki y’Isi World Bank Group yashimiye u Rwanda ko ruri ku isonga mu bihugu byitwaye neza ku rwego rw’Isi mu bipimo byagutse bya Human Capital Index Plus (HCI+) bigaragaza uko ibihugu byaharaniye iterambere n’imibereho myiza by’abaturage babyo.
Hagati y’itariki 10 na 17 Mata 1994, Abatutsi bo mu cyahoze ari Komini Maraba bakusanyirijwe muri Kiriziya y’I Simbi ari benshi cyane. Abapolisi batatu aribo Nkuriza, Kanani Antoni na Nyirimana Kaniziyo babanje kuza gucunga impunzi ku Kiliziya ngo hatagira izicika.
Ikigo cy’Igihugu gishinzwe guteza imbere iyoherezwa mu mahanga ry’ibikomoka ku buhinzi n’ubworozi NAEB, cyatangaje ko umusaruro ukomoka ku buhinzi n’ubworozi woherejwe ku masoko mpuzamahanga kuva ku wa 6-10 Mata 2026 byinjirije u Rwanda miliyari 11,2 Frw.