Niyigena Radjabu

Niyigena Radjabu

Niyigena Radjabu ni umunyamakuru w’Umunyarwanda ukora kinyamwuga ufite uburambe bw’imyaka itatu mu itangazamakuru, ryibanda ku gutara no gutangaza inkuru zicukumbuye ku buzima rusange n’izivuga ku Rwanda. Kuri ubu ni umunyamakuru wa Umunota.com, rumwe mu ziyoboye mu Rwanda mu bijyanye no gutangaza amakuru ku mbuga zikorera kuri murandasi.

Mu rwego rwo kwirinda ko iki cyorezo kigera mu Rwanda, Minisiteri y’Ubuzima yatangaje ko kugeza ubu ntamuntu uragaragaraho iki cyorezo ndetze ko hakomeje gufatwa ingamba zinyuranye zo kwirinda.
Ambasade y’u Rwanda muri Koreya y’Epfo yayoboye ibikorwa byo gutegura ibirori byo kwizihiza Umunsi wahariwe Afurika mu 2026 byabereye i Grand Hyatt mu Mujyi wa Seoul.
Izi ngamba zatanze umusaruro aho kuri ubu Umujyi wa Kigali watangaje ko abatega imodoka rusange biyongeyeho abagera ku bihumbi 30.
Tariki nk’iyi mu 1994 nibwo Ingabo za FPR zafashe ikibuga cy’indege cya Kigali ndetse n’ikigo cya gisirikare cya Kanombe mu rugamba rwazo rwo guhagarika Jenoside yakorerwaga Abatutsi.
Polisi y’u Rwanda yangirije mu ruhame ibiyobyabwenge ndetse n’ibicuruzwa bitemewe byafatanywe abaturage babicuruza mu bihe bitandukanye mu Mujyi wa Kigali.
Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Ibarurishamibare (NISR), cyatangaje ko ivangamutungo rusange ari bwo buryo bwakoreshejwe n’abantu benshi mu baseseranye mu 2025.
Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Ambasaderi Olivier Nduhungirehe, yerekanye ko ibikorwa byo kubungabunga amahoro muri ibi bihe bikomwa mu nkokora n’imvugo z’urwango bityo ko hakwiye kugira igikorwa.
Ubushakashatsi bwa OMS bwo muri 2023 bwagaragaje ko 3.8% by'abaturage ku isi bagize ikibazo cy’agahinda gakabije, harimo 5% bafite imyaka y’ubukure “4% ku bagabo na 6% ku bagore ", ndetse na 5.7% by'abantu bafite imyaka 60 n'irenga. 
Ikigo cy’Igihugu gishinzwe guteza imbere iyoherezwa mu mahanga ry’ibikomoka ku buhinzi n’ubworozi (NAEB), cyatangaje ko ibicuruzwa u Rwanda rwohereje mu mahanga ibicuruzwa bipima toni 10.154 byarwinjirije arenga miliyari 21 Frw mu minsi itanu.
Ku itariki ya 20 Gicurasi 1994 nibwo kuri Duwane hiciwe abagore n’abana bagera kuri 470 bari bakusanyirijwe mu nzu y’umuturage babeshywa umutekano, abicanyi bakaba barazanywe na Rutiganda Jean Damascène wari Burugumesitiri wa komini Murama.