Niyigena Radjabu

Niyigena Radjabu

Niyigena Radjabu ni umunyamakuru w’Umunyarwanda ukora kinyamwuga ufite uburambe bw’imyaka itatu mu itangazamakuru, ryibanda ku gutara no gutangaza inkuru zicukumbuye ku buzima rusange n’izivuga ku Rwanda. Kuri ubu ni umunyamakuru wa Umunota.com, rumwe mu ziyoboye mu Rwanda mu bijyanye no gutangaza amakuru ku mbuga zikorera kuri murandasi.

Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Ibarurishamibare (NISR), cyatangaje ko ivangamutungo rusange ari bwo buryo bwakoreshejwe n’abantu benshi mu baseseranye mu 2025.
Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Ambasaderi Olivier Nduhungirehe, yerekanye ko ibikorwa byo kubungabunga amahoro muri ibi bihe bikomwa mu nkokora n’imvugo z’urwango bityo ko hakwiye kugira igikorwa.
Ubushakashatsi bwa OMS bwo muri 2023 bwagaragaje ko 3.8% by'abaturage ku isi bagize ikibazo cy’agahinda gakabije, harimo 5% bafite imyaka y’ubukure “4% ku bagabo na 6% ku bagore ", ndetse na 5.7% by'abantu bafite imyaka 60 n'irenga. 
Ikigo cy’Igihugu gishinzwe guteza imbere iyoherezwa mu mahanga ry’ibikomoka ku buhinzi n’ubworozi (NAEB), cyatangaje ko ibicuruzwa u Rwanda rwohereje mu mahanga ibicuruzwa bipima toni 10.154 byarwinjirije arenga miliyari 21 Frw mu minsi itanu.
Ku itariki ya 20 Gicurasi 1994 nibwo kuri Duwane hiciwe abagore n’abana bagera kuri 470 bari bakusanyirijwe mu nzu y’umuturage babeshywa umutekano, abicanyi bakaba barazanywe na Rutiganda Jean Damascène wari Burugumesitiri wa komini Murama.  
U Rwanda na Tanzania byasinyanye amasezerano y’ubufatanye mu bijyanye n’ingufu azafasha ibihugu byombi kuzamura ubukungu, guteza imbere inganda no guhindura imibereho y’abaturage.
Abakuru b’ibihugu byo muri Afurika bagaragagaje ko uyu mugabane ukeneye ubufatanye mu by’ishoramari kugira ngo ubyaze umusaruro ingufu za nikeleyeri mu buryo bufatika.
Ikigo Mpuzamahanga gishinzwe ingufu za nikeleyeri, IAEA, cyashyize u Rwanda mu kindi cyiciro kiganisha ku kubaka uruganda rw'ingufu za nikeleyeri.
Umuhanda Kigali-Muhanga wagombaga kwagurwa mu 2023 ukaba waragomgaga kubakwa mu bice bibiri  aho igice cyawo cya mbere byari biteganyijwe ko kizakorwa kikava i Kigali kikagera ku Kamonyi ahitwa Bishenyi, hagakurikiraho ikiva Bishenyi kikagera mu mujyi wa Muhanga.
Leta y’u Rwanda yiteguye kubyaza umusaruro ingufu za nikeleyeri nka kimwe mu bizarufasha kuzamura ubukungu bwarwo binyuze mu kuzikoresha mu buryo bunyuranye harimo no kuzibyaza amashanyarazi ndetse no kuzikoresha mu buvuzi.