Niyigena Radjabu

Niyigena Radjabu

Niyigena Radjabu ni umunyamakuru w’Umunyarwanda ukora kinyamwuga ufite uburambe bw’imyaka itatu mu itangazamakuru, ryibanda ku gutara no gutangaza inkuru zicukumbuye ku buzima rusange n’izivuga ku Rwanda. Kuri ubu ni umunyamakuru wa Umunota.com, rumwe mu ziyoboye mu Rwanda mu bijyanye no gutangaza amakuru ku mbuga zikorera kuri murandasi.

Komiseri Mukuru Wungirije w’Urwego rw’u Rwanda rushinzwe Igorora (RCS), DCG Rose Muhisoni, yasabye abafunguwe by'agateganyo kuzitwara neza no kwitwararika mu buzima bagiyemo hanze, birinda ikintu cyose cyatuma bongera kugongana n’amategeko
Ambasade y’u Rwanda muri Qatar yatangaje ko serivisi yari isanzwe itanga zimuriwe mu buryo bw’ikoranabuhanga (online) kubera ibibazo by’umutekano muke bimaze iminsi mu Burasirazuba bwo hagati.
Abagize Inteko Ishinga amategeko y’u Rwanda umutwe wa Sena, bagaragaje ko gahunda yo  gukoresha ikorababuhanga mu gucunga no gukurikirana abakurikiranyweho ibyaha yihutishwa mu rwego rwo kugabanya ubucucike bukigaragara hirya no hino mu magororero
Ikigo cy’Igihugu Gishinzwe guteza imbere iyoherezwa mu mahanga ry’ibikomoka ku buhinzi n’ubworozi (NAEB) cyatangaje ko kuva tariki ya 23 kugeza ku ya 27 Gashyantare 2026  ibyoherejwe mu mahanga byinjirije u Rwanda asaga miliyari 1.4 Frw.
Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Ibarurishamibare mu Rwanda (NISR) cyatangaje ko abanyamahanga basura u Rwanda bakoresheje miliyoni 161.5$ asaga miliyari 236 Frw mu gihe cy’amezi atatu
Ambasade y’u Rwanda muri Leta Zunze Ubumwe z’Abarabu yamenyesheje Abanyarwanda bose baba cyangwa basura iki gihugu ndetse n’abari mu Bwami bwa Bahrain ko nta mpungenge bakwiye guterwa n'intambara iri mu Burasira bwo hagati, ibizeza umuteka n’ubufasha ku babukeneye
Ikibazo cy’ibikoresho byo gupfunyikamo gikomeje kugaragazwa nk’ingutu cyane cyane ku bacuruzi bongerera agaciro ibiribwa n’ibinyobwa mu Rwanda bakenera ibyo gupfunyikamo ariko bakagorwa no kubibona ku giciro kidahanitse
Umuyobozi Mukuru w’Urwego rw’Igihugu rw’Iterambere, RDB, Jean-Guy K. Afrika, yakiriye Ambasaderi wa Qatar mu Rwanda, Mansoor Ali Al-Hajri, aho baganiriye ku ngingo zinyuranye zishingiye ku bufatanye ibihugu byombi bisanzwe bifitanye.
Umunyabigwi mu mupira w’amaguru w’u Rwanda akaba ari nawe ufite agahigo k’uko yakiniye ikipe y’igihugu Amavubi imikino myinshi 112, Haruna Niyonzima, yatangaje ko atazongera gukina umupira w’amaguru nk’uwabigize umwuga.
U Rwanda n’u Buhinde byasinyanye amasezerano y’ubufatanye MoU ajyanye no gusangira umuco hagati y’ibihugu byombi ‘Cultural Exchange Programme’ (CEP) azamara imyaka itanu aho azatangira uyu mwaka wa 2026 akazagera mu 2030.