Niyigena Radjabu

Niyigena Radjabu

Niyigena Radjabu ni umunyamakuru w’Umunyarwanda ukora kinyamwuga ufite uburambe bw’imyaka itatu mu itangazamakuru, ryibanda ku gutara no gutangaza inkuru zicukumbuye ku buzima rusange n’izivuga ku Rwanda. Kuri ubu ni umunyamakuru wa Umunota.com, rumwe mu ziyoboye mu Rwanda mu bijyanye no gutangaza amakuru ku mbuga zikorera kuri murandasi.

Inzego z’umutekano z’u Rwanda (RDF na Polisi) ziri  mu butumwa bwo kugarura amahoro mu Ntara ya Cabo Delgado ku bufatanye n’iza Mozambique n’abaturage baho bakoze umuganda rusange mu rwego rwo gusukura umujyi.
Perezida Paul Kagame ategerejwe muri Tanzania kuri uyu wa 3 Gicurasi 2026, mu ruzinduko rw’umunsi umwe rugamije kongera imbaraga mu mubano uri hagati y’iki gihugu n’u Rwanda.
Raporo nshya ya NISR yasohotse ku wa 30 Mata, yagaragaje ko muri Werurwe 2026 u Rwanda rwohereje hanze ibicuruzwa bifite agaciro ka miliyoni 228.4$ ibi bikaba byerekana igabanuka rya 1.72% ugereranyije n'ukwezi kwa Gashyantare 2026.
Uwimana Nehemie wayoboye Akarere ka Rwamagana imyaka itanu kuva mu 2010 kugeza mu 2014, wari usanzwe ari Visi Perezida w’ikipe ya Muhazi United, yitabye Imana nyuma y’ukwezi kurenga yari amaze mu bitaro.
Ishuri ryisumbuye rya Rwanda Coding Academy ryashyizwe ku rutonde rw’amashuri 50 ya mbere ku Isi ahataniye ibihembo bya miliyoni 1$ mu irushanwa ryitwa Global Schools Prize 2026.
Padiri Wenceslas Munyeshyaka, kuri paruwasi “Sainte-Famille, muri Saint-Paul yitabiritye inama zakorwaga zitegura ubwicanyi no gushimuta Abatutsi aho yari arikumwe na Colonel Tharcisse Renzaho, Odette Nyirabagenzi, Angeline Mukankundiye,Lt Col Laurent Munyakazi, n’abandi basirikari hamwe n’Interahamwe.
Ikigo cy’Igihugu cy’Iteganyagihe, Meteo Rwanda cyatangaje ko mu ntangiro za Gicurasi 2026, imvura nyinshi yaguye mu kwezi gushize, izagabanukaho milimetero hafi 100 ndetse muri rusange izaba nkeya ugereranyije n’impuzandengo y’imvura yari isanzwe igwa muri uku kwezi.
Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru mu Rwanda (FERWAFA), ryatangaje ko rizashyigikira Gianni Infantino mu matora ya FIFA ateganyijwe umwaka utaha aho uzatsinda azayobora kuva mu 2027 kugeza mu 2031.
Ikigo gishinzwe kurengera ibidukikije REMA, na Minisiteri y’Imari n’Igenamigambi bagaragaje ko  kwita ku bidukikije no kurwanya imyuka ihumanya ikirere byakemura ikibazo cy’ingufu harimo n’iz’igihugu giyumiza hanze harimo n’ibikomoka kuri peteroli bikomeje kuba ikibazo ku Isi hose.
Tariki ya 01 Gicurasi 1994, Abatutsi bari kuri uyu musozi bagoswe n’igitero cy’Interahamwe  gikomeye cyari kigamije kubatsemba bose ndetse zafunze amayira yose yaganaga ku musozi wa Karama mu rwego rwo kubabuza guhunga.