Imibereho

Minisitiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu, Habimana Dominique yasabye abaturage kujya bamenyesha ubuyobozi mbere yo gutegura ibirori byakira abantu mu ngo kugirango hasuzumwe imitegurire y’amafunguro n’ibinyobwa bafata mu rwego rwo kwirinda gutanga ibitujuje ubuziranenge bihitana ubuzima bw’abantu.
Bwagaragaje ko kurya nijoro bigira uruhare runini mu kuba umuntu yagira umubyibuho ukabije, bitewe n’uko bihindura imikorere y’umubiri mu buryo bw’igogora, gutwika ibinure, n'impinduka mu misemburo ituma umuntu asonza.
Madamu Jeannette Kagame yafunguye ku mugaragaro igikorwaremezo ‘Imbuto Hub’ gikomatangirijemo serivise nyinshi zifasha abaturage b’ingeri zose kugira imibereho myiza, cyubatswe n’Umuryango Imbuto Foundation.
Minisitiri w’Uburinganire n’Iterambere ry’Umuryango, Uwimana Consolee, yashimiye abatuye ikirwa cya Bugarura, uburyo bifashisha amafi n'isambaza byo mu Kivu mu kwita ku mikurire y'abana bakaba nta n'umwe ugaragarwaho n'imirire mibi n'igwingira.
Ubushakashatsi bwakozwe na  National Institutes of Health (NIH) bugaragaza ko gutura mu mijyi yiganjemo ubucucike byongera ibyago byo kurwara stroke ku kigero kiri hagati ya 20% na 70% ugereranyije n’abatuye mu bice by’icyaro.
Minisiteri y’Ibikorwaremezo yatangaje ko imirimo yo kubaka uruganda rwitezweho gukemura ikibazo cy’ibura ry’amazi mu Mirenge imwe n’imwe igize Akarere ka Karongi yageze ku musozo.
Ku bantu benshi, nyuma yo gukora imibonano mpuzabitsina usanga umubiri uba wacitse intege wananiwe ku buryo bahita bumva basinzira. Ibi ni ibintu bisanzwe biterwa n’imihindagurikire y’imisemburo ndetse n’imbaraga umubiri uba umaze gukoresha.
Nubwo hari intambwe yatewe, u Rwanda rugaragaza ko rukeneye hagati ya 12% na 21% by’umusaruro mbumbe warwo kugira ngo intego zose zizagerweho uko zakabaye mu 2030 mu gihe mu mwaka wa 2024-2025 byari bikiri kuri 8%.
Perezida Kagame akaba na Chairman w’Umuryango FPR Inkotanyi, yasabye abanyamuryango kubanza kwiyubaka no kubaka igihugu bashora imbaraga mu bikorwa biramba, bityo uwinezaza akaba afite ibyo yagezeho aho kwinezeza gusa ntacyo urageraho.
Ikigo cy'Igihugu gishinzwe Ibarurishamibare mu Rwanda (NISR) cyatangaje ko ubushomeri bwageze kuri 13,2% muri Gicurasi 2026, imibare itarahindutse ugereranyije n'igihe nk'icyo mu 2025.

Iyandikishe ku rutonde rw’abakira ubutumwa bwacu kugira ngo ubone amakuru mashya buri munsi mu buryo bw’ikoranabuhanga

Amakuru Aheruka