Imibereho

Minisitiri w’Ubuzima Dr. Sabin Nsanzimana yaburiye abantu kutongera kunywa inzoga zizwi nk’ibyuma nyuma y’uko bihagaritswe kongera gucuruzwa mu Rwanda avuga ko byari bimaze kuba nk’icyorezo bityo ko bikwiye kwirindwa.
Umukozi mu Ishami ry’Ubuzima bwo mu Mutwe  mu Kigo cy’Igihugu gishinzwe Ubuzima, RBC, Antoine Hagenimana, yavuze ko gukoresha inzoga n’ibindi biyobyabwenge munsi y’imyaka 24, biviramo uwabikoresheje kubatwa nabyo no kumva iteka abishaka.
Umuyobozi wa Polisi y’u Rwanda Wungirije Ushinzwe Ibikorwa, CP Vincent Sano yavuze ko mu rubyiruko hari ikibazo cy’imyitwarire idakwiye irimo kwishora mu byaha aho 47% by’abari mu magororero bari hagati y’imyaka 18 na 30.
Ihuriro ry’Abagize Inteko Ishinga Amategeko rikumira ihakana n’ipfobya rya Jenoside yakorwe Abatutsi mu 1994 AGPF, ryasabye ko uburyo bwo kwigisha abana n’urubyiruko amateka ya Jenoside bikorwa hakurikijwe imyaka yabo cyane cyane mu gutegura imfashanyigisho zifashishwa mu rwego rwo kurushaho kuyasobanukirwa.
Raporo y’Ikigo cy’Ibarurishamibare igaragaza ko mu bantu bakoreweho ubushakashatsi bari hagati y’imyaka 15-49 babajijwe bavuze ko bazi igituntu, aho 97% by’abagore na 98% by’abagabo bavuze ko bakizi. Muri bo, 88% by’abagore na 91% by’abagabo bazi ko igituntu gishobora gukira.
Ishami ry’Umuryango Mpuzamahanga ryita ku Bimukira mu Rwanda (IOM) ryatanze amashyiga ya gaz yo gucana izwi nka (Liquefied Petroleum Gas: LPG) ku mashuri arindwi yo mu Rwanda.
Guverinoma y’u Rwanda yatangaje ko yatangiye gahunda yo guhagarika buhoro buhoro ikoreshwa ry’imiyoboro ya telefoni igendanwa ya 2G na 3G, mu rwego rwo kwimukira ku ikoranabuhanga rya 4G na 5G rizatanga serivisi za murandasi yihuta kandi zizewe ku baturage.
Mu Rwanda umubare w’abakoresha imirasire y’izuba ukomeje kwiyongera aho kuri ubu ingo zisaga 900 arizo ziyikoresha mu zisaga 3000 ziri mu gihugu kugeza ubu. Gusa abayikoresha bakagaragaza imbogamizi zo gutunga ibikoresho bifite ubushobozi bwisumbuye no kuba batemerewe kurenza imirasire itanga hejuru ya kilowate 100. 
Perezida wa Repubulika akaba na Chairman wa FPR Inkotanyi, Paul Kagame, yabonanye n'abayobozi b'uyu Muryango, bagirana ibiganiro byibanze ku mateka yawo n'uruhare ufite mu kwiyubaka k'u Rwanda.

Iyandikishe ku rutonde rw’abakira ubutumwa bwacu kugira ngo ubone amakuru mashya buri munsi mu buryo bw’ikoranabuhanga

Amakuru Aheruka