Amakuru

U Rwanda n’u Buhinde byasinyanye amasezerano y’ubufatanye MoU ajyanye no gusangira umuco hagati y’ibihugu byombi ‘Cultural Exchange Programme’ (CEP) azamara imyaka itanu aho azatangira uyu mwaka wa 2026 akazagera mu 2030.
Abadepite bagize komisiyo y’Uburezi, Ikoranabuhanga, Umuco, Siporo,n’Urubyiruko basabye inzego zitandukanye zishinzwe ishyirwa mu bikorwa rya politiki y'igihugu y’umurage ndangamuco gushyira imbaraga mu kunoza imikorereshereze y’ururimi rw’Ikinyarwanda ndetse no gusigasira umuco muri rusange.
Umuyobozi w’Ingabo mu Karere ka Bugesera, Lt Col Augustin Murigande, yihanangirije abajura b’ahitwa Nyakondo mu Kagari ka Kanzenze mu Murenge wa Ntarama, bazengereje abaturage babiba.
Ubuyobozi bwa Authentic Word Ministries/ Zion Temple Celebration Center , buyobowe na Apôtre M. Paul Gitwaza , bwatangaje ko urugendo rwa gihanuzi rwo kujya muri Israel rwari ruteganyijwe kuva tariki ya 4-13 Werurwe 2026, rwamaze gusubikwa kubera umutekano mucye uri mu Burasirazuba bwo hagati.
Perezida w’Ishyaka riharanira Demokarasi no kurengera Ibidukikije, Green Party, Dr. Frank Habineza, yamaganiye kure ibyari byatangajwe ku mbuga nkoranyambaga ko yitabiririye inama yamuhuje n'abatavuga rumwe n'ubutegetsi barimo Thomas Nahimana na Paul Rusesabagina.
Minisiteri y'Ubucuruzi n'Inganda, MINICOM, yatangaje ko leta yatangiye ibiganiro n'abacuruza bakanatumiza ibikomoka kuri peteroli n'abandi bacuruzi bashobora kugerwaho n'intambara iri mu Burasirazuba bwo hagati.
Ikigo cy’Igihugu cy’Iteganyagihe, Meteo Rwanda, cyatangaje ko mu minsi 10 ya mbere y’ukwezi kwa Werurwe 2026, hateganyijwe imvura iri hagati ya milimetero 30 na 120, ikaba iri hejuru gato y’ikigero cy’impuzandengo y’isanzwe igwa muri iki gice yabaga iri hagati ya milimetero 20 na 90.
Guverinoma y’u Rwanda yamaganye ibihano Leta Zunze Ubumwe za Amerika zafatiye bamwe mu bayobozi bakuru b'Ingabo z’u Rwanda (RDF), ivuga ko bibogamye kandi bigamije kugaragaza isura ihabanye n'ukuri ku bibazo by’umutekano muke bimaze igihe mu Burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC)
Umunyamabanga wa Leta ushinzwe Ubutwererane bw’Akarere muri Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga, Dr Usta Kaitesi, yakiriye kopi z’impapuro zemerera ba Ambasaderi batatu bashya guhagararira ibihugu byabo mu Rwanda.
Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha,RIB, rwataye muri yombi abasore babiri bagaragaye mu mashusho yakwirakwiriye ku mbuga nkoranyambaga, kuri uyu wa Mbere, tariki ya 2 Werurwe 2026, bakubitira ndetse bakurura umukobwa mu muhanda.

Iyandikishe ku rutonde rw’abakira ubutumwa bwacu kugira ngo ubone amakuru mashya buri munsi mu buryo bw’ikoranabuhanga

Amakuru Aheruka