Amakuru

Ba Ambasaderi bashya bahagarariye Ubuyapani na Qatar mu Rwanda bagaragaje ko bagiye gushyira imbaraga mu gushimangira umubano n’ubutwererane mu nzego zitandukanye ndetse no kwagura ishoramari n’ubucuruzi hagati ‘Ibihugu byabo n’u Rwanda.
Leta Zunze Ubumwe za Amerika zatangaje ko zahagaritse by'agateganyo gutanga Viza ku baturage bo mu bihugu 75, birimo n’u Rwanda
Guverineri w’Intara y’Iburengerazuba, Ntibitura Jean Bosco, yasabye abayobozi b’Uturere tugize iyi Ntara n’izindi nzego bakorana kurwanya ubucukuzi bw’amabuye y’agaciro butemewe n’amategeko, bujya buteza ibibazo birimo no gutwara ubuzima bw'abantu
Abasirikare b'u Rwanda muri brigade ikora ibijyanye n’ubwubatsi , boherejwe muri Jamaica mu gutanga umusanzu wo gufasha iki gihugu gusana ibyangijwe n'umuyaga wiswe Melissa.
Ambasaderi w’u Rwanda mu Bwongereza, Johnston Busingye, yatangariye u Rwanda nyuma yo gutembera ibice bitandukabye by'igihugu birimo Huye,Nyanza, Bugesera,Rusizi, Rulindo na Musanze .
Sosiyete y’Indege ya RwandAir yatangaje ko ibihu byinshi mu kirere byatumye hatagaragara neza bityo zimwe mu ngendo zari ziteganyijwe zigijwe inyuma
Abaturage bo mu karere ka Gicumbi,mu Murenge wa Mutete, baratangaza ko inzoga y'inkorano bise " Magwingi" ikomeje kugira ruhare mu guteza umutekano mucye no kwangiza urubyiruko.