Perezida Paul Kagame yashimiye kaminuza ya Oklahoma Christian University ku ruhare yagize mu iterambere ry’igihugu agaragaza ko yizeye ko ubufatanye hagati y’iyi kaminuza n’u Rwanda bizameza no mu bihe biri imbere.
APR FC yegukanye igikombe cy’amahoro cya 2026, itsinze Rayon Sports FC penaliti 4-2 nyuma yo kunganya igitego 1-1 mu minota isanzwe y’umukino wabereye muri Stade Amahoro kuri uyu wa Gatandatu tariki 23 Gicurasi 2026.
Nkurayija Ishimwe Jean Hubert ni we mukandida rukumbi wemejwe ku mwanya wa Perezida w'Ishyirahamwe ry'Umukino w'Amagare (FERWACY), mu matora ategerejwe kuzaba ku wa 31 Gicurasi 2026.
Kuri uyu wa Gatanu tariki ya 22 Gicurasi, abanyeshuri 142 biga mu bigo by'amashuri bitatu bari baherekejwe n'abarezi babo bagiriye urugendoshuri ku cyicaro gikuru cya Polisi y’u Rwanda ku Kacyiru.
Ambasaderi Urujeni Feza Bakuramutsa yashyikirije Papa Leo XIV impapuro zimwemerera guhagararira u Rwanda I Vatican ahita anatangira ku mugaragaro inshingano ze nka Ambasaderi w’u Rwanda muri iki gihugu.
Minisitiri w’Intebe Dr. Justin Nsengiyumva yagaragaje ko buri Munyarwanda wese akwiye kumva ko amateka yaranze u Rwanda atamureba kuko ari inshingano za buri umwe guharanira ko ibyabaye bitazongera ukundi.
RSSB Tigers BBC ihagarariye u Rwanda mu mikino ya nyuma ya BAL yatsinze FUS de Rabat yo muri Maroc, amanota 95-72 mu mukino ubanza wa 1/4 wabereye muri BK Arena kuri uyu wa Gatanu tariki ya 22 Gicurasi 2026.
Iyandikishe ku rutonde rw’abakira ubutumwa bwacu kugira ngo ubone amakuru mashya buri munsi mu buryo bw’ikoranabuhanga