Amakuru

Minisiteri y'Uburinganire n'Iterambere ry'Umuryango igaragaza ko amakimbirane mu miryango, ikoreshwa ry'ibiyobyabwenge no gukoresha nabi imbuga nkoranyambaga biza ku isonga mu gutuma hari ubwiyongere bw'abangavu baterwa inda
Perezida w'Urukiko rw'Ikirenga, Donatille Mukantaganzwa, yasabye abanditsi b'impapurompamo z'ubutaka kwirinda amanyanga bagakora baharanira gukemura ibibazo bigaragara muri serivise z’ubutaka aho kuba ba gitera.
Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga, Usta Kayitesi, yashimiye ndetse anagenera ibihembo umunyeshuri Atete Kagorora Arianah wahize abandi mu irushanwa ryo kwandika inyandiko ndende mu bihugu bya Afurika y'Uburasirazuba, 'EAC Essay Writing Competition
Banki Nkuru y’u Rwanda n’iya Kenya basinyanye amasezerano y’ubufatanye (MoU) agamije gushyiraho uburyo bwo gusangira impushya (License Passporting Framework) ku batanga serivisi zo kwishyurana (Payment Service Providers PSPs).
Polisi y' u Rwanda ikorera mu Ntara y'Iburengerazuba yishe irashe umugabo ugenda imbere y'abakora ubucuruzi bwa magendu, nyuma yo kurwanya abashinzwe umutekano agakomeretsa umupolisi.
Ibiro bishinzwe abinjira n'abasohoka muri Zambia byafashe abantu 58 bakekwaho kuba ari abimukira bahaba mu buryo butemewe, barimo abanyarwanda batanu.
Umugaba w’Ingabo zirwanira ku butaka za Mozambique, Maj Gen André Rafael Mahunguane yashimye imbaraga zikomeje gushyirwa hamwe n’ingabo za Mozambique n’iz’u Rwanda mu kurwanya iterabwoba.
Ubushinjacyaha bw'u Rwanda bwumvikanye na Umukunzi Jeannine warezwe kwica umujyanama w'ubuzima witwa Drocella wari utuye ahazwi nko kuri mirongo ine (40) mu murenge wa Busasamana mu karere Nyanza
Itegeko rishya rigenga ikoreshwa ry’imihanda mu Rwanda ryemeje ko umuntu utwara ikinyabiziga yarengeje igipimo ntarengwa cya arukoro mu maraso aba akoze icyaha
Ubuhinzi ni inkingi ikomeye y’ubukungu bw’u Rwanda kuko butunze igice kinini cy’abaturage, iyo ikaba impamvu nyamukuru ituma Leta y'u Rwanda ishora akayabo mu guteza imbere uru rwego