Amakuru

Minisiteri y’Ubucuruzi n’Inganda yatangaje ko agera kuri miliyari 250 Frw azashorwa mu gutunganya ibyanya by’inganda bizubakwa kuri hegitari 8000 zizatanga akazi ku bantu barenga ibihumbi 25.
Umushakashatsi akaba n’umwanditsi Tom Ndahiro asanga ba ruharwa bakoze Jenoside yakorewe abatutsi ndetse n’abayihakana, amafoto yabo akwiye kujya mu nzibutso za Jenoside abazisura bakamenya n'ababigizemo uruhare kuko abaziruhukiyemo batiyishe.
Umuryango w'abarokotse Jenoside yakorewe abatutsi mu 1994 mu yahoze ari Komini Ntongwe (AGSF) urashimira ubuyobozi bw'igihugu cy'u Rwanda bwabubakiye inzu y'amateka ya Jenoside yakorewe abatutsi by'umwihariko ikubakishwa amabuye, kuko ariya mabuye nayo afite amateka yifashishijwe n'abatutsi birwanaho n'ubwo nyuma baje kurushwa imbaraga bakicwa.
Ikigo cy’Ubwiteganyirize mu Rwanda (RSSB) cyatangije ikigega kigamije guteza imbere imishinga mito n’iciriritse (SME Growth Fund), gitangirana imari shingiro ungana na miliyoni 30 z’amadolari ya Amerika (’asaga miliyari 43 z’amafaranga y’u Rwanda).
Polisi y’igihugu ikorera mu karere ka Gasabo yafashe abagabo 2 bacuruza ikiyobyabwenge cy’urumogi, umwe w'imyaka 43 n'undi w'imyaka 40.Aba bafashwe ku manywa y'ihangu saa tanu z'amanywa kuri iki cyumweru bafatirwa bafatirwa mudugudu wa Ramba akagali ka Musave umurenge wa Bumbogo ho mu karere ka Gasabo.
Amakipe ane ahagarariye u Rwanda mu muri Shampiyona Nyafurika yʼAmakipe yʼAbagabo muri Volleyball (CAVB Men’s Club Championship 2026) yageze muri ⅛ mu gihe hamaze gukinwa imikino ine muri itanu y’amatsinda
U Rwanda rukomeje gushyiraho ingamba zirufasha guhangana n’izamuka ry’ibikomoka kuri peteroli bikomeje gutumbagira uko bwije n’uko bukeye ari nako kandi rugabanya ingano y’imyuka ituruka mu binyabiziga bikoresha lisansi ijya mu kirere ikangiza ibidukikije.
Umunyarwanda Masengesho Vainqueur yegukana umwanya wa kabiri muri Tour d'Algérie Cycliste 2026, asizwe amasegonda 19 n’Umunya-Indonesia Dimas Nur Fadhil Rizqi ukinira Jakarta Pro Cycling Team
Kuri iyi tariki nibwo intumwa za Leta y’abatabazi yari iri gukora Jenoside zakiriwe n’ubutegetsi bw’u Bufaransa i Paris, hirengagijwe ubuzima bw’Abatutsi ibihumbi bari bamaze kwicwa bazira uko bavutse.