Mu gihe abakorera imirimo y'ubukorikori mu gakiriro ka Sovu mu murenge wa Huye ho mu karere ka Huye basaba ko kakongerwa kuko badakwirwamo,ubuyobozi bw'akarere buravuga ko hateganywa kubakwa utundi dukiriro two kunganira aka kamwe basanganywe kuko kabaye gato.
Leta y’u Rwanda yatangiye gushyira mu bikorwa icyiciro cya mbere cy’umushinga mugari wa Muvumba Multipurpose Development Project, ugamije gukoresha amazi y’urugomero rwa Muvumba mu kuhira imyaka, gutanga amazi meza no kubyazamo amashanyarazi
Perezida w’agateganyo wa Rayon Sports, Murenzi Abdallah, yatangaje ko ikipe ya Rayon Sports iteganya gukoresha agera kuri miliyari 1 na miliyoni 800 y’amafaranga y’u Rwanda mu mwaka w’imikino wa 2026/2027.
Ikipe y’Igihugu y’u Rwanda ya volleyball y’abagore yitwaye neza itsinda ikipe y’igihugu ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo amaseti 3-0 mu mukino wa kabiri wo mu itsinda D mu gikombe cy’Afurika, CAVB Women’s Nations Volleyball Championship 2026.
Umuhanzi Bruce Melodie ari mu bahanzi batanu (5) bahataniye igihembo cy’umuhanzi mwiza w’umwaka wo muri Afurika y’Iburasirazuba (Best East African Artist) mu bihembo bya Headies bitangwa n’ikinyamakuru Hip Hop World Magazine cyo muri Nigeria kuva muri 2006.
Mu Murenge wa Bigogwe, mu Karere ka Nyabihu, harakomeje urubanza ruregwamo abantu umunani bashinjwa gutunda, gukwirakwiza no gucuruza ibinyobwa bitujuje ubuziranenge, bikozwe mu kinyabutabire cya ethanol.
Iyandikishe ku rutonde rw’abakira ubutumwa bwacu kugira ngo ubone amakuru mashya buri munsi mu buryo bw’ikoranabuhanga