Inkuru Nshya

Ikipe ya Rayon Sports yatangaje ko yasinyishije rutahizamu wo muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo Sandja Bulaya Moise wakiniraga ikipe ya Kiyovu Sports.
Minisiteri y’Uburezi (MINEDUC) yashyize umucyo ku kibazo cy’umunyeshuri Uwamariya Leontine, wabaye uwa mbere mu bizamini ariko ntabashe kwitabira ibirori byo gutangaza amanota byabereye i Kigali ku wa 20 Kanama 2026.
Muhoza Eric ni we wegukanye isiganwa ngarukamwaka ry’amagare rya Umusambi Gravel Race 2026 mu bagabo, ryabereye kuri uyu wa Gatandatu mu turere twa Gicumbi na Burera.
Nyuma y’amasaha 30 abahize abandi mu bizamini bya leta bisoza amashuri abanza n’ay’icyiciro rusange cy’ayisumbuye babonye ibihembo byabo nibwo Minisiteri y’Uburezi MINEDUC, yashyikirije Uwamariya Leontine wabaye uwa mbere muri 'Tronc Commun' ibihembo bye, nyuma y’impaka nyinshi zari zikomeje ku mbuga nkoranyambaga.
Ikipe ya Mukura VS ikomeje kubaka ikipe izahagararira neza umwaka w’imikino wa 2026/27, aho yasinyishije Umunya-Uganda Hussein Ssenoga amasezerano y’imyaka ibiri.
Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba, EAC, watangiye ibiganiro bigamije guhuza uburyo ibiribwa n’ibinyobwa bigenzurwa mu bihugu biwugize, mu rwego rwo korohereza ubucuruzi bwambukiranya imipaka.
Umuyobozi mukuru w’umuryango mpuzamahanga ushinzwe abimukira (IOM), Amy Pope uri mu ruzinduko rw'akazi mu Rwanda, yashimangiye ko u Rwanda rwatangaje uburyo bwiza bwo kwakira no kwita ku bimukira, asaba ibindi bihugu kubwigiraho.
Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Guteza imbere iyoherezwa mu mahanga ry’ibyakomoka ku buhinzi n’ubworozi (NAEB) cyagiranye amasezerano y’ubufatanye na Connect for Impact Advisory Group (C4Impact), mu rwego rwo guteza imbere no kongera agaciro ibikomoka ku buhinzi no gushimangira ubushobozi bw’u Rwanda ku isoko mpuzamahanga.
Guverinoma y’u Rwanda yasobanuriye abahagarariye ibihugu by’amahanga mu Rwanda ingamba ikomeje gushyira mu bikorwa zo guhangana n’ibinyobwa bisembuye bitujuje ubuziranenge, mu rwego rwo kurengera ubuzima bw’abaturage no gukomeza kubaka umuryango ushoboye guhangana n’ibibazo bishobora kuwugariza.
Umuvugizi wa Polisi mu mujyi wa Kigali CIP Wellars Gahonzire yabwiye UMUNOTA.COM ko uyu mugabo ucyekwaho kwica umugore we yatawe muri yombi"

Iyandikishe ku rutonde rw’abakira ubutumwa bwacu kugira ngo ubone amakuru mashya buri munsi mu buryo bw’ikoranabuhanga

Amakuru Aheruka