Inkuru Nshya

Uyu munsi nk’uyu, tariki ya 7 Gicurasi 1994, Leta y’abicanyi yakomeje umugambi wayo mubisha wo gutsemba Abatutsi hirya no hino mu gihugu, by’umwihariko kuri iyi tariki bamwe mu banyeshuri bo muri Groupe Scolaire Marie Merci I Kibeho bagize uruhare mu kwica Abatutsi.
Urwego rw’u Rwanda rushinzwe igorora (RCS), rwatangaje ko Uzaramba Karasira Aimable byari byitezwe ko agomba kurekurwa nyuma yo kurangiza igifungo yari yarahawe, yapfuye kuri uyu wa 07 Gicurasi aguye mu bitaro bya Nyarugenge.
Perezida wa Repubulika y'u Rwanda Paul Kagame yashimiye ikipe ya Paris Saint Germain yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League isezereye FC Bayern Munich yo mu Budage, ku giteranyo cy’ibitego 6-5 nyuma yo kunganya 1-1 mu wo kwishyura.
Perezida wa Botswana, Duma Boko yasabye u Rwanda n'igihugu cye kwihutisha ishyirwa mu bikorwa ry'amasezerano y'ubufatanye ahuriweho, ashimangira ko hatagomba kubamo gutakaza igihe kuko ibihugu byombi biri mu rugendo rw'iterambere ryihuse
Minisiteri y’Ubumwe bw’Abanyarwanda n’Inshingano Mboneragihugu MINUBUMWE, yavuze ko kuva mu 1994 Jenoside yakorewe Abatutsi yarangira abasaga ibihumbi 70 bari barafungiwe ibyaha bya Jenoside bafunguwe ndetse ubu bari mu buzima busanzwe.
Perezida w'u Rwanda, Paul Kagame yavuze ko umubano uhuza Rwanda na Botswana udashingira gusa ku bushuti, ahubwo ushingiye ku ntego ihuriweho y’iterambere, ashimangira ko ari byo bituma ubufatanye bw’ibihugu byombi bugira ireme n’icyerekezo gifatika
Umugenzuzi Mukuru w’Imari ya Leta, Kamuhire Alexis, yagaragaje ko ikibazo cy’inzego zimwe zikerereza imishinga, ari intandaro y’imicungire mibi y’umutungo wa Leta.
Urwego rw’Ubugenzuzi Bukuru bw’Imari ya Leta rwatangaje ko amafaranga y’u Rwanda angana na miliyari 1,470 yari yakoreshejwe nabi, yagarujwe.
Urukiko rw’Ubujurire rw’i Paris mu Bufaransa, kuri uyu wa Gatatu tariki ya 6 Gicurasi rwanzuye ko iperereza ku ruhare umugore wa Habyarimana Juvénal, Agathe Kanziga, akekwaho muri Jenoside yakorewe Abatutsi no mu itegurwa ryayo rikomeza.

Iyandikishe ku rutonde rw’abakira ubutumwa bwacu kugira ngo ubone amakuru mashya buri munsi mu buryo bw’ikoranabuhanga

Amakuru Aheruka