Inkuru Nshya

Ikigo gishinzwe Ubuziranenge muri Kenya (KEBS) cyatangaje ko ibinyobwa bisembuye bitanu bikorerwa muri icyo gihugu biherutse guhagarikwa by’agateganyo ku isoko ry’u Rwanda, byakorewe isuzuma ryimbitse, bigasangwa byujuje ubuziranenge n’ibisabwa n’amategeko.
Bamwe mu baturage bo mirenge itandukanye yo mu karere ka Gicumbi baravuga ko batewe impungenge n'itsinda ry'urugomo ryiyita abarembetsi babategera mu nzira bakabambura,bakabakubita, bakanabakomeretsa.Polisi ivuga ko umwe mu bacyekwa amaze gufatwa,abandi bagishakishwa
U Rwanda rwashyizeho gahunda nshya y’imyaka itanu igamije kurandura, gukumira no kugabanya indwara zo mu turere dushyuha zititaweho cyane, zizwi nka Neglected Tropical Diseases (NTDs), ku buryo zizaba zitakiri  ikibazo gikomeye ku buzima rusange bitarenze umwaka wa 2030.
Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane w’u Rwanda, Amb. Olivier Nduhungirehe, yavuze ko ibihugu bya Afurika bigomba gukomeza guhuza imbaraga no kubaka ubushobozi bwabyo mu ikoranabuhanga rya sisitemu zigenga, kuko rikomeje kugira uruhare rukomeye mu mutekano n’ubwirinzi bw’umugabane.
Minisiteri ishinzwe Ibikorwa by’Ubutabazi (MINEMA), atangaje ko  ikomeje kwimura abaturage batuye ahashobora gushira ubuzima bwabo mu kaga, kandi ko yiteguye guhangana n’ibiza bishobora guterwa n’imvura nyinshi iteganyijwe mu minsi iri  imbere.
Ikipe ya Al Hilal SC Omdurman yo muri Sudani yatangaje umutoza w'Umudage Dragan Paljić nk'umutoza wayo wungirije mushya.
Ikipe ya Marine FC y'Igisirikare cy'u Rwanda kirwanira mu mazi yamaze kumvikana ndetse isinyisha rutahizamu Naman Keita ukomoka muri Mali avuye mu ikipe ya Olympique Beja yo muri Tunisia.
Ubutabera bwo mu Bufaransa bwemej bidasubirwaho ko Lt. Col. Cyprien Kayumba wahoze mu Ngabo z’u Rwanda za mbere ya Jenoside (Ex-FAR),  yoherezwa imbere y’urukiko rwa rubanda rw’i Paris kugirango aburanishwe ku byaha bifitanye isano na Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda mu 1994.
Rutahizamu ukinira ikipe y’Igihugu y’u Rwanda ‘Amavubi’, Joy-Lance Mickels, yafashije ikipe ye ya Sabah FK yo muri Azerbaijan kugera mu ijonjora rya kane ari naryo rya nyuma igahita ijya muri UEFA Champions League.Mu mukino Sabah FK yakiriyemo AGF yo muri Denmark kuri Bank Respublika Arena, Joy-Lance Mickels yatanze umupira wavuyemo igitego ndetse atsinda n’igitego cya gatatu cyo ku munota wa 78 mu bitego 4-0 Sabah FK yatsinze.
Ku wa Kabiri tariki ya 11 Kanama 2026, Umugaba Mukuru w’Ingabo z’u Rwanda (RDF), Gen MK Mubarakh, yayoboye umuhango wo gusoza amahugurwa y'urwego rushinzwe imyitwarire no kurinda abayobozi (Military Police) ku basirikare 146.