Inkuru Nshya

Umuryango w’Abayisilamu mu Rwanda (RMC) watangaje ko umunsi mukuru usoza igisibo cy’ukwezi gutagatifu kwa Ramadhan, uzwi nka EIDIL FITRI, uzizihizwa ku wa Gatanu, tariki ya 20 Werurwe 2026
Minisitiri w’Intebe, Dr. Edouard Nsengiyumva, yakiriye itsinda riturutse mu Kigega cy’ishoramari cyo mu Bushinwa kizwi nka Silk Road Fund (SRF), riyobowe n’Umuyobozi Mukuru Zhu Jun, baganira ku mahirwe mashya y’ishoramari mu Rwanda, mu nzego zirimo ubuzima, ingufu, uburezi n’ubuhinzi
Umuvugizi w'urwego rw'igihugu rw'ubugenzacyaha, RIB, Dr Murangira B. Thierry, yasabye urubyiruko kwitondera ibyo rushyira ku mbunga nkoranyambaga, arwibutsa ko n'ubwo ari izabo atari bo bonyine bazireba.
Inteko Ishinga amategeko imitwe yombi ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, yatangiye gusuzuma imishinga y’amategeko yerekeye kwemeza ku mugaragaro amasezerano ya Washington, bahuriyeho n'u Rwanda
Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga, Amb. Olivier Nduhungirehe, yanenze Abanyamulenge bagiye guhura na Perezida Évariste Ndayishimiye, avuga ko bagambaniye bagenzi babo ndetse bakoresha umuryango w'Abanyamulenge mu nyungu za politiki
Ministiri w’Urubyiruko n’Iterambere ry’Ubuhanzi, Dr. Utumatwishima Jean Nepo Abdallah yatangaje ko imyambarire y’umuraperikazi, Doja Cat waraye ataramiye i Kigali ntacyo itwaye mu buhanzi gusa ahishura ko uzabikora atari ku rubyiniro azaba akosheje.
Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Olivier Nduhungirehe, yagaragaje ko yanyuzwe cyane n’igitaramo cy’umuhanzikazi Doja Cat, avuga ko ari cyo gitaramo cyiza kurusha ibindi byose yigeze kwitabira muri iyo nyubako
Nta kabuza u Rwanda rumaze kwandika amateka mu ruhando rw'imyidagaduro muri Afurika, ibi byongeye gusinywa n'igitaramo cy'umuriro umuraperikazi ukomoka muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Doja Cat yakoreye mu mujyi wa Kigali
Mu gihe bamwe bumva ko ubwiherero ari ahantu ho kwikoza byakanya gato ukiranura n’umubiri ugahita ugaruka bwangu, hari abandi babibona nk’ikibuga cyiza cyo kwicaramo ndetse akaba ari n’umwanya mwiza wo gasura imbuga nkoranyambaga nka Instagram, TikTok, Snapchat n’izindi