Inkuru Nshya

Ikipe y'Igihugu y'u Rwanda yo gusiganwa mu misozi (Mountain Bike) yerekeje muri Cameroon aho yitabiriye isiganwa rya Grand Prix International Chantal Biya rizakinwa mu minsi ibiri tariki 7-8 Kanama 2026.
Umunyarwanda ukina mu kibuga hagati, Mugisha Bonheur 'Casemiro' uherutse gusinyira ikipe ya Al-Hazem Saudi Club yo muri Saudi Arabia, yakinnye umukino we wa mbere muri iyi kipe yo muri Saudi Arabia ndetse ari mu bakinnyi 11 babanje mu kibuga.
Komisiyo y'Inteko Ishinga Amategeko ishinzwe gukurikirana imikoreshereze y’Imari n’Umutungo bya Leta (PAC) yasabye Minisiteri y’Ubutabera gukorana n’Urwego rw’Ubushinjacyaha kugira ngo hakurikiranwe ibigo byakoresheje amafaranga ya Leta nabi
Ikipe ya Rayon Sports yageze ku mukino wa nyuma wa CECAFA Kagame Cup yaherukagaho mu 1998 nyuma yo gusezerera Jamus SC yo muri Sudani y’Epfo iyitsinze ibitego 3-1, ihasanga Gor Mahia FC yo muri Kenya.
Ikigo cy'Igihugu Gitsura Ubuziranenge (RSB) cyatangaje ko cyahagaritse ibyemezo by'ubuziranenge ku nganda 47, zagaragaweho kutubahiriza ibisabwa mu gutunganya ibinyobwa bisembuye no gukoresha nabi ikirango cya S-Mark.
Amakipe y'u Rwanda ya handball y'abatarengeje imyaka 18 na 20 (Youth na Junior) yamenye amatsinda arimo mu mikino y'Ibikombe bya Afurika aho ikipe ya U-18 yisanze mu itsinda C hamwe na Maroc na Libya naho U-20 yisanga mu itsinda A hamwe na Guinea, Zimbabwe na Côte d'Ivoire.
Minisitiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu, Habimana Dominique, yaburiye abantu bagize kunywa inzoga umuco cyane cyane izitujuje ubuziranenge avuga ko uretse no kugira ingaruka ku buzima bwabo zinatuma umuntu atagira ikintu ageraho cyane cyane urubyiruko.
Umuyobozi Mukuru wa Polisi y'u Rwanda, CG Felix Namuhoranye, yakiriye Umuyobozi w'Urwego rushinzwe Umutekano Rusange muri Jordanie, Maj. Gen Obeidallah Abedrabbuh Maaitah, mu nama y'ubufatanye hagati y'inzego zombi.
Mu kagali ka Tumba umurenge wa Bungwe mu karere ka Burera umuturage witwa Ishimwe Donatha aravuga ko yakubiswe icupa n'umunyamabanga nshingwabikorwa w'akagali amusanze mu kabari akamukomeretsa.
Minisitiri w’Ibikorwaremezo, Damien Murwanashyaka yavuze ko Guverinoma ifite gahunda yo kugabanya amazi atunganywa n’inganda akameneka atageze ku baturage, akava ku gipimo cya 31% akagera kuri 15% mu rwego rwo kongera amazi agera aho akenewe.