Inteko Ishinga Amategeko yemeje ko mu mwaka wa 2026/2027, u Rwanda ruzakoresha ingengo y’imari ya miliyari 7.796,3 Frw, ikaziyongeraho miliyari 844,2 Frw ugereranyije na miliyari 6.952,1 Frw ziri mu ngengo y’imari ivuguruye y’umwaka wa 2025/2026.
Kuri uyu wa Kane ubwo hasuzumwaga ishingiro ry'umushinga w’itegeko rigena ingengo y’imari ya Leta ya 2026/2027,Minisitiri w’Imari n’Igenamigambi, Yusuf Murangwa, yavuze ko umwaka w’ingengo y’imari wa 2026/27, uzibanda ku gushyiraho ingamba zo kongera umusaruro by'umwihariko mu buhinzi.