Guverinoma y’u Rwanda yatangaje ko itazigera yemera ko umutwe wa FDLR uhabwa urubuga rwa politiki mu Rwanda, ivuga ko uyu mutwe ugomba kurambika intwaro, ugasenywa ndetse n’abawugize bagataha mu gihugu hakurikijwe ibikubiye mu masezerano y’amahoro yasinyiwe i Washington.
Ikipe y'Igihugu y'u Rwanda ya basketball y'abatarengeje imyaka 18 mu ngimbi, yisanze mu itsinda C hamwe na Cameroon, Tunisia na Senegal mu irushanwa ry'Igikombe cya Afurika rigiye kubera i Abidjan muri Côte d'Ivoire kuva tariki 5 Kanama kugeza tariki 16 Kanama 2026.
Umunyarwanda ukina mu kibuga hagati, Mugisha Bonheur 'Casemiro' yerekeje mu ikipe ya Al-Hazem Saudi Club ikina icyiciro cya mbere muri Saudi Arabia, Saudi Pro League, avuye mu ikipe ya Al Masry yo mu Misiri yari amazemo umwaka umwe.
Impuzamashyirahamwe y'Umupira w'Amaguru muri Afurika y'Iburasirazuba no Hagati (CECAFA), yatangaje ko umusifuzi w'umunya-Somalia Omar Abdulkadir Artan ariwe uzasifura umukino wa nyuma wa CECAFA Kagame Cup utegerejwe tariki 7 Kanama 2026.
Umuyobozi mukuru wa Polisi y'u Rwanda IGP Felix Namuhoranye yasabye urubyiruko kuba imbaraga z'igihugu koko zubaka birinda ibiyobyabwenge, ahishura ko inzoga ziswe ibyuma hari gahunda yo kuzica burundu ntizikomeze kwangiza ubuzima bw'abanyarwanda.