Inkuru Nshya

Ikigo cy’igihugu gishinzwe ibarurishamibare (NISR), cyatangaje ko ibiciro ku masoko byiyongereyeho 12,9% muri Gicurasi 2026 ugereranyije n’ukwezi nk’uko muri 2025, kivuye kuri 13% cyariho muri Mata 2026.
Urukiko rwa Rubanda rw’i Paris mu Bufaransa rwatangiye kuburanisha mu bujurire Umunyarwanda Dr. Eugène Rwamucyo, wari warakatiwe igifungo cy’imyaka 27 nyuma yo guhamwa n’ibyaha byibasiye inyokomuntu ndetse n’uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi
Uyu mukinnyi w'ikipe y'igihugu ya Chad, ufite uburebure bwa 1.99 m, yakiniraga Casric Stars FC yo muri Afurika y'Epfo kuva muri Mutarama 2025. Mbere yaho yakiniye CR Bernoussi muri Maroc, Colombe Sport na Apejes FC zo muri Cameroun.
Minisitiri w’Ubucuruzi n’Inganda, Prudence Sebahizi, yatangaje ko u Rwanda ruri mu mushinga wo kongera ingano y’isukari ikorerwa imbere mu gihugu ukava ku 10% ukagera kuri 50%, aho biteganyijwe ko bizagerwaho mu gihe cy’imyaka ine
Perezida wa Repubulika, Paul Kagame, yakiriye muri Village Urugwiro itsinda ry’abanyamuryango 19 b’Umuryango Mpuzamahanga uhuza abayobozi b’ibigo n’abashoramari rya Young Presidents’ Organization
Umusore w’imyaka 22 y’amavuko, wakekwagaho kwica se nyuma yo gucika inzego zamuhigaga bukware,na we yasanzwe amanitse mu mugozi yapfuye.
Samuel Dusengiyumva, yashimangiye ko umwanya wo Kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi ari igihe gikomeye gifasha Abanyarwanda gusubira mu mateka mabi yaranze ubuyobozi bw’u Rwanda, bikaba byaragejeje ku Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, ndetse no kuzirikana ubutwari bw’Inkotanyi no gushimangira ko Jenoside itazongera ukundi
Mu Rwanda rwatangije umushinga ugamije kwigisha amateka ya Jenoside hifashishijwe inzibutso by'umwihariko izashyizwe mu murage w'Isi
Inama y’Abaminisitiri yateranye ku wa 8 Kamena 2026 iyobowe na Perezida wa Repubulika, Paul Kagame, yemeje abayobozi bashya barimo uhagarariye Umuryango w’Ubumwe bw’Uburayi (EU) mu Rwanda, Ambasaderi wa Austria ndetse n'uhagarariye Ikigega Mpuzamahanga gishinzwe Iterambere ry’Ubuhinzi n’Ubworozi (IFAD) mu Rwanda
Iki kigo kizagenzura ishyirwa mu bikorwa ry’ikoranabuhanga ry’Ubwenge Buhangano (AI) mu Rwanda ndetse no hanze yarwo.

Iyandikishe ku rutonde rw’abakira ubutumwa bwacu kugira ngo ubone amakuru mashya buri munsi mu buryo bw’ikoranabuhanga

Amakuru Aheruka