Inkuru Nshya

King James yasendereje ibyishimo abakunzi be bari muri BK Arena ahereye ku ndirimo yamenyekanyeho cyane, na bo bakaririmbana na we ijambo ku rindi.Ruhumuriza James uzwi nka king James yagerageje kunyura mu ndirimbo nyinshi zigize album 7 ze, zirimo iyo yise Umugisha, Umuvandimwe, Biracyaza, Ntibisanzwe, Meze neza, Urukundo ndeyse n'iyo yise Ubushobozi ari yo iheruka.
Ikipe ya Rayon Sports yatsinze ikipe ya Al Hilal SC Omdurman yo muri Sudani igitego 1-0 imbere ya Minisitiri w’Intebe w’u Rwanda, Nsengiyumva Justin, bituma izamuka muri 1/2 ari iya mbere mu itsinda C.
Umwanditsi w’ibitabo Barbara Umuhoza,  yateguje igitabo agiye gushyira hanze yise The Comeback: Surviving Divorce & Thriving After, cyibanda ku buzima bw’urushako burimo uko warushinga rugakomera, uko wahangana n’ihungabana rituruka ku gutandukana kw’abashakanye ugakira ibikomere no kongera kubaka ubuzima.
Minisiteri y’Uburezi yatangaje impinduka nshya zirimo kuzamura amafaranga y’ifunguro ku ishuri, kongerera imyaka abiga ubwarimu TTC bagiye kujya biga ,aho bazajya barangiza bafite impamyabumenyi y’ikiciro cya mbere cya Kaminuza A1 ndetse n’isaha yo gusoza amasomo.
Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo yongeye kwanga ko ihuriro AFC/M23 ryitabira ibiganiro bya politiki Perezida Félix Tshisekedi yatangaje ko bizaba mu rwego rwo guhuza Abanye-Congo no gushakira hamwe umuti w’ibibazo byugarije igihugu.
Umuyobozi wa Polisi y’u Rwanda Wungirije Ushinzwe Ibikorwa, CP Vincent Sano yavuze ko mu rubyiruko hari ikibazo cy’imyitwarire idakwiye irimo kwishora mu byaha aho 47% by’abari mu magororero bari hagati y’imyaka 18 na 30.
Ikigo cy'Igihugu gishinzwe Kugenzura Ibiribwa n'Imiti mu Rwanda (Rwanda FDA) cyatangaje ko cyahagaritse ndetse cyavanyeho burundu impushya zose zo gutumiza mu mahanga Alukoro (Ethanol / Neutral Spirit).
Ihuriro ry’Abagize Inteko Ishinga Amategeko rikumira ihakana n’ipfobya rya Jenoside yakorwe Abatutsi mu 1994 AGPF, ryasabye ko uburyo bwo kwigisha abana n’urubyiruko amateka ya Jenoside bikorwa hakurikijwe imyaka yabo cyane cyane mu gutegura imfashanyigisho zifashishwa mu rwego rwo kurushaho kuyasobanukirwa.
Ubwo hasozwaga ku mugaragaro imurikabikorwa ry’ubuhinzi n’ubworozi rya 19 ryari rimaze iminsi 10 ribera i Kigali, hashimiwe abamurika bahize abandi mu guhanga udushya, ubufatanye ndetse no kuzana uburyo bushobora guhindura no kwihutisha iterambere ry’ubuhinzi n’ubworozi.
Ikipe ya Azam FC yo muri Tanzania yamaze guhaguruka i Dar es Salam yerekeza i Kigali mu Rwanda aho igiye gukorera umwiherero yitegura umwaka utaha w'imikino wa 2026/27 urimo na CAF Confederation Cup.

Iyandikishe ku rutonde rw’abakira ubutumwa bwacu kugira ngo ubone amakuru mashya buri munsi mu buryo bw’ikoranabuhanga

Amakuru Aheruka